Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe: Babwiwe Ko Abacuruza Abantu Babakuramo N’Imyanya Y’Umubiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kirehe: Babwiwe Ko Abacuruza Abantu Babakuramo N’Imyanya Y’Umubiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 8:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi b’Ubugenzacyaha babwiye abatuye Umurenge wa Gatore muri Kirehe ko abacuruza abantu babagirira nabi kugeza n’ubwo babakuramo ibice by’umubiri bakabigurisha.

Ni ubukangurambaga bw’uru rwego rukomereje muri aka Karere gakora ku mupaka w’u Rwanda na Tanzania.

Umukozi wa RIB yabwiye abaturage ko ububi bw’abacuruza abantu ari bwinshi kuko buhera ku kubareshya babizeza akazi, bugakomereza mu gukoresha abagabo ubucakara, bukagera no mu gukuramo no kugurisha imyanya y’umubiri ya bamwe mu bo baba barigaruriye.

Avuga ko uwakuwemo iyo myanya y’umubiri asigara ari igisenzegeri, abandi bakagabana ayo mafaranga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu kwirinda ibi byago, ubugenzacyaha busaba abaturage kumenya amayeri abakora ubwo bugome bakoresha bityo bikabafasha kubirinda.

Umwe mu batuye Umudugudu wa Rugina, Akagari ka Rwabutazi, Umurenge wa Gatore  avuga ko we na bagenzi be biyemeje gukomeza kwita ku burere bw’abana babo bakabarinda ibyatuma bacuruzwa n’abantu bababeshyeshya uduhendabana.

Umwe mu batuye Umurenge wa Gatore witwa Uzamukunda Frolienne avuga ko iyo umubyeyi atakaje umwana aba ahombeje igihugu.

Ati: “ Ababyeyi bakwiye kwita ku bana babo bakabakunda bakabagira inshuti kandi abana bakamenyerezwa kunyurwa n’ibyo bahawe n’iwabo, ntiyumve ko kuba umukene bitavuze kujya kwiyandarika ngo arashaka ubukire. Ntibakwiye kurarikirai ibyo kwa rubanda bidafite umumaro urambye.”

Undi muturage avuga ko iyo umubyeyi yumvise ko umwana we yashimuswe, akajya kugurishwa, bimuhungabanya.

- Advertisement -

Abaturage bavuga ko baje gusanga ahandi abantu bakunze guhera bashuka abantu ari ku mbuga nkoranyambaga.

Murandasi ngo hari abo ibera intandaro y’ibyago aho kuba uburyo bwo kumenya amakuru, gukora ubucuruzi no kwaguka mu bumenyi.

RIB ivuga ko ari ngombwa ko abaturiye imipaka u Rwanda rusangiye n’amahanga bamenya amayeri abacuruza abantu bakoresha kugira ngo babirinde cyangwa bamenyeshe inzego kugira zikome mu nkokora abafite uwo mugambi.

RIB iburira abaturiye imipaka ko bashobora guhura n’akaga ko kwibasirwa n’abacuruza abantu

Ni ubukangurambaga bwatangiriye mu Karere ka Nyagatare ariko bukomereza n’ahandi mu Turere dukora ku mipaka y’u Rwanda.

TAGGED:AbagenzacyahaAbantufeaturedGatoreGucuruzaIbyahaImipakaKirehe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Indi COVID ‘Ishobora’ Gukwira Isi Mu Gihe Kiri Imbere
Next Article Umuganda Wo Mu Mpera Z’Umwaka Wa 2023 Ntukibaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?