Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Muri Congo Brazzaville
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Muri Congo Brazzaville

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 May 2023 8:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yagiye muri Congo-Brazzaville kuganira na mugenzi we Denis Sassou Nguesso.

Nta makuru arambuye ku bikubiye mu biganiro byabo ariko nk’uko amaze iminsi abigenza, Perezida Tshisekedi ari gukora uko ashoboye ngo ashakishe amaboko yamufasha guhangana na M23.

Uyu ni umutwe w’abarwanyi b’abaturage ba DRC bavuga Ikinyarwanda.

Bashinja igihugu cyabo kubima uburenganzira nk’ubuhabwa abandi baturage.

Abayobozi ba M23 bavuga ko ubutegetsi bw’i Kinshasa buheza abavuga Ikinyarwanda kandi bukaba bwarirengagije nkana gukurikiza ibikubiye mu masezerano yasinywe mu mwaka wa 2013.

Tshisekedi ageze i Brazzaville avuye mu Majyepfo y’Afurika aho yari yitabiriye  Inama y’Abakuru b’ibihugu bigize SADC.

Yavuyeyo bemeranyije ko bazamwoherereza ingabo zo kumufasha guhangana na M23 ariko italiki n’umubare w’ingabo zizoherezwa muri DRC ntibiratangazwa.

Kinshasa na Brazzaville ni imijyi ibiri ituranye.

Igabanywa n’uruzi rwa Congo rwambukwa n’ikiraro kirekire.

Minisiteri z’ingabo zisanzwe zikorana…

Muri Werurwe, 2022,  abayobozi b’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’iza Congo Brazzaville barahuye  basinya amasezerano y’ubufatanye.

Hari mu nama ya munani isanzwe ihuza impande zombi, ikaba iterana igamije kureba uko hakongerwa imikoranire mu bya gisirikare, iheruka yabereye i Kinshasa.

Uwari uhagarariye inzego z’umutekano muri Repubulika ya Congo Brazzaville yavuze ko isinywa ryariya masezerano ryakozwe mu rwego rwo gushyira  mu bikorwa ibyemeranyijweho mu nama ya 12 yakozwe na Komisiyo ihuriweho n’impande zombi yabaye hagati ya taliki 16 na taliki 20,Ukuboza,  2021 yabereye i Kintele muri Repubulika Congo- Brazzaville.

Indi ngingo impande zombi zavuze ko  zizafatanyamo ni mu guhangana n’imitwe iri muri DRC kuko ngo itarwanyijwe ishobora kwambuka igahungabanya n’abaturanyi barimo n’abaturage ba Congo Brazzaville.

TAGGED:AbarwanyiCongofeaturedM23NguessoPerezidaSassouTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burkina Faso: Abantu 33 Biciwe Rimwe
Next Article Linda Yaccarino: Umuyobozi Mushya Wa Twitter
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?