Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yasabye Guverinoma Nshya Gukemura Bwangu Ibibazo By’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yasabye Guverinoma Nshya Gukemura Bwangu Ibibazo By’Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2024 9:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu nama y’Abaminisitiri yakoresheje bwa mbere nyuma yo gushyiraho Guverinoma nshya iyobowe na Madamu Suminwa, Perezida Tshisekedi yabasabye gukora uko bashoboye ibibazo by’abaturage bigakemuka.

Yabasabye kureka ibyo batumvikanaho birimo imirongo itandukanye ya Politiki n’imyizerere ya kidini itandukanye ahubwo bakitabira imirimo ibareba, hagamijwe inyungu rusange z’abaturage.

Muri iyo nama yagize ati: “ Muri hano kandi mumaze kurahira. Muri hano kubwa Repubulika bityo rero ntimukwiye gukomeza kwizirika kubyo mutumvikanaho birimo imirongo ya Politiki cyangwa amadini ahubwo mukwiye guhuza imbaraga mu nyungu z’abaturage bacu”.

Ku byerekeye umutekano, Perezida Tshisekedi yabasabye kuzakoresha uburyo bwose bazabona bakabwira amahanga n’abandi bafatanyabikorwa ba DRC ko u Rwanda ari ryo nyirabayazana w’ibibazo bya Kinshasa.

Yanabasabye kuzakomeza gukora uko bashoboye kugira ngo Uburasirazuba bwa DRC bugire amahoro kandi arambye.

Perezida Tshisekedi yabasabye kuzakoresha uburyo bwose bafite bakita ku bibazo by’abaturage birimo n’iby’imibereho yabo imeze nabi.

Yaboneyeho kubibutsa ko igihe kizajya kigera bagakorerwa isuzuma kugira ngo harebwe aho bageze besa imihigo.

Perezida Tshisekedi asaba abamufasha kuyobora DRC kurangwa n’umutuzo n’uburyo buboneye mu gushyira mu bikorwa ibyo bashinzwe, buri wese akirinda kuvangira undi, kuranzika ibintu no gusopanyiriza abandi.

 

TAGGED:CongoDRCTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jeannette Kagame Yashimiye Uko AVEGA Yafashije Abapfakazi Kwiyubaka
Next Article Perezida Kagame Araganira N’Abajyanama B’Ubuzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?