Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yatumije Inama Y’Abaminisitiri ‘Idasanzwe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yatumije Inama Y’Abaminisitiri ‘Idasanzwe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2022 3:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru aturuka i Kinshasa avuga ko Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Tshisekedi yatumije inama idasanzwe y’Abaminisitiri kandi biravugwa ko ashobora kugira bamwe akura mu mirimo ndetse agahindura n’abagize ubuyobozi bw’ingabo za kiriya gihugu.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Patrick Muyaya avuga ko itangazo ry’ibyavuye muri iriya nama bitangazwa mu masaha akuze yo kuri uyu wa Gatanu.

Ni inama  idasanzwe ibaye  mu gihe hari intambara mu Burasirazuba bwa kiriya gihugu kandi ihuje abarwanyi ba M23 bari kotsa igitutu ingabo za Repubila ya Demukarasi ya Congo.

Perezida Tshisekedi mu nama n’Abaminisitiri yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga

Ibaye kandi nta gihe kinini gishize habaye inama yahuje Perezida Tshisekedi na mugenzi uyobora u Rwanda, Paul Kagame yigaga ku ngingo zifite aho zihuriye n’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

08.07.2022 l #ConseilDesMinistres #Kinshasa
Le Chef de l'État, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, préside, de son bureau à la cité de l'UA et en visioconférence, le 61eme Conseil des ministres.
Le porte-parole du gouvernement en fera le compte-rendu en fin d'après-midi. pic.twitter.com/2LUsQcr3D2

— Présidence RDC 🇨🇩 (@Presidence_RDC) July 8, 2022

Mu kiganiro Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije muri kiriya gihugu yahaye abanyamakuru ikiganiro ababwira ko kuba M23 ikomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye, ari ikimenyetso cy’uko idashaka ko hari ibigerwaho mu kugarura amahoro muri kiriya gice.

Lutundula yavuze ko Abakuru b’ibihugu byombi basinye amasezerano arimo ingingo z’uburyo intambara yagarara mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ariko mugenzi  we ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Rwanda yabihakanye.

Dr Vincent Biruta kuri Twitter yavuze ko ibyo guhagarika imirwano bitegeze bishyirwa mu myanzuro cyangwa amasezerano bagiranye.

 

TAGGED:CongofeaturedInamaKagameRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jose Edouardo Dos Santos Wategetse Angola Yatabarutse
Next Article U Bwongereza Bwashimiye Uwari Ushinzwe Itsinda Ryateguye CHOGM 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?