Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yongeye Akurira M23 Inzira Ku Murima Ko Atazaganira Nayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yongeye Akurira M23 Inzira Ku Murima Ko Atazaganira Nayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2023 10:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Tshisekedi yarahiye ko atazigera aganira na M23
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yabwiye abanyamakuru barimo n’aba Jeune Afrique ko nta na rimwe Guverinoma ye izaganira na M23, umutwe avuga ko ari ubw’inkozi z’ibibi zifashwa n’u Rwanda.

Ibi abivuze nyuma y’uko Perezida Kagame abwiye Jeune Afrique ko Tshisekedi adakwiye kujya agereka ibibazo by’igihugu cye ku Rwanda kuko rufite ibibazo byarwo rugomba guhangana nabyo.

Tshisekedi yabwiye Jeune Afrique ati: “ Turi mu bihe by’intambara twakuriwe na M23 ifatanyije n’u Rwanda. Ibyo kuganira n’uyu mutwe byo ntabwo bishoboka, ibyo babimenye.”

Perezida Tshisekedi yanagarutse ku ifungwa ry’umunyamakuru  Stanis Bujakera umaze igihe runaka afunzwe.

Yavuze ko kuba afunzwe ari ikintu kibabaje kuko ari umunyamakuru bakoranye ndetse no mu gihe yiyamamazaga mu mwaka wa 2018 ariko ngo ntacyo yabikoraho kuko ari idosiye iri mu butabera.

Bujakera ubu afungiye muri gereza nkuru ya Makala.

Ikindi kivugwa mu bantu bakorana na Tshisekedi ni uko Bujakera yari busibanganye ibimenyetso ku byaha akekwaho bityo ngo kumufata hakiri kare kandi akamburwa ibikoresho by’ikoranabuhanga kugira ngo atagira ibyo azimanganya byari bikwiye.

Amakuru avuga ko icyo Bujakera azira ari uko hari inyandiko yari isanzwe ari iy’Urwego rw’iperereza muri DRC yashyize hanze.

Kuri iyi ngingo, ubwanditsi bwa Jeune Afrique buvuga ko barenganyije umunyamakuru wabo kubera ko ibikubiye muri iriya nyandiko byatangajwe no mu bindi binyamakuru, ingingo yerakana ko ari ibintu bitari bikiri amabanga k’uburyo uwabigeraho yabizira.

Ku ngingo yo kutazakorana na M23, ni ikibazo bamwe bavuga ko kizatuma intambara izakomera ubwo aba barwanyi nabo bazaba batangije intambara.

Banze kujya aho bahitiwemo ngo bahakambike, bakavuga ko bitaba bikwiye kuko ari abaturage ba DRC basaba guhabwa uburenganzira mu gihugu cyabo.

TAGGED:featuredInyeshyambaKagameM23RwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kazungu Denis Yasabye Urukiko Kuzaburanira Mu Muhezo
Next Article Byemejwe Ko Isiganwa Ry’Amagare Ku Rwego Rw’Isi Rizabera Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?