Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tugomba kumenya kandi tugakumira ibitera umutekano muke – Gen Murasira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tugomba kumenya kandi tugakumira ibitera umutekano muke – Gen Murasira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2020 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda Major General Albert Murasira yasabye abandi bafata ibyemezo bya Politiki mu by’umutekano gukorana bya hafi mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba bakarebera hamwe ibitera umutekano muke kugira ngo babikumire.

Hari mu ijambo yagejeje ku bandi bakora politiki mu by’umutekano bibumbiye mu kitwa East African Standby Force bari mu nama igamije kureba uko bakomeza gukorana bya hafi mu guteza imbere umutekano mu karere k’Afurika y’i Burasirazuba.

Gen Murasira avuga ko kugira ngo abantu bashobore gukumira ikintu bisaba ko babanza kumenya ikigitera.

Yagize ati: “ Tugomba gukomeza gukorana bya hafi kugira ngo tumenye ibitera umutekano muke mu karere bityo tubikumire.

Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Albert Murasira avuga ko mu Karere u Rwanda ruherereye mo hakiri ibibazo by’umutekano bihaboneka birimo gucuruza abantu, gucuruza intwaro, iterabwoba rikorwa n’imitwe yitwara gisirikare n’ibindi bireba imibereho myiza y’abaturage nk’indwara n’ibindi.

Yagarutse kandi ku cyorezo  COVID-19 gikomeje gukoma mu nkokora gahunda zose ariko asaba bagenzi be bashinzwe umutekano n’ingabo kudacika intege  ahubwo bagakurikiza amabwiriza atangwa n’inzego z’ubuzima, ariko n’akazi kabo kagakomeza.

Iyi nama ibaye ihuze ba Minisitiri b’ingabo n’ab’umutekano mu bihugu bifite ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ziswe East African Standby Force.

Ni inama ibaye ikurikira iyabaye ku wa Gatatu taliki  16, Ukuboza, 2020 yahuje abagaba b’ingabo z’ibihugu bigize uriya mutwe.

Muri iyi nama kandi hari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga akaba aashinzwe n’ibikorwa bya EAC,  Prof Nshuti Mannasseh.

TAGGED:COVID-19featuredIngaboMinisitiriMurasiraNshuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cardinal Kambanda yahawe inshingano nshya na Papa Francis
Next Article 2020:Umwaka uhitanye benshi mu bigeze kuyobora ibihugu by’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?