Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tunisia: Abayahudi Biciwe Mu Isinagogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tunisia: Abayahudi Biciwe Mu Isinagogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 May 2023 2:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu basirikare barinda Umukuru wa Tunisia yishe mugenzi bakoranaga arangije aboneza ku isinagogi aho Abayahudi bari bateraniye abamishamo amasasu. Nawe yaje kuraswa arapfa.

Isinagogi yakorewemo ariya mahano iherereye ahitwa Djerba.

Abayahudi biciwe muri iriya sinagogi ni babiri harimo umwe ukomoka mu Bufaransa n’undi ukomoka muri Israel ariko usanzwe ari n’Umunya Tunisia.

Amasasu kandi yakomerekeje abandi bapolisi bane bari baje gutabara.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyakora umwe muri bo yarashe uwo muntu aramwica.

Reuters ivuga ko ubu bwicanyi bwabereye mu kirwa cya Djerba, kikaba ari cyo gisurwa na ba mukerarugendo benshi muri Tunisia.

Muri Israel n’aho byabababaje kubera ko Ibiro bya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga byavuze ko kiriya gitero ari akaga kagwiririye Tunisia muri rusange n’Abayahudi by’umwihariko.

Ubwo amasasu yavugaga, abari baje gusenga bahungishirije ubuzima bwabo munsi y’intebe, abandi baseserana mu maguru.

Ku bw’amahirwe hari abarokotse.

- Advertisement -

Umwe mu Bayahudi bari aho witwa Peres Trabelsi uyobora Abayahudi batuye i Djerba yagize ati: “ Twari twishimye tubyina kugeza ubwo twagiye kumva twumva amasasu menshi, ibyari ibyishimo bihinduka amarira. Buri wese yakizaga amagara ye, asesera mu nsi ya mugenzi we, abandi munsi y’ameza, abandi mu bindi byumba… Mbese ibintu byari bikaze, ubwoba ari bwose”.

Uwakoze kiriya gitero yaje ari kuri moto yambaye icyuma gikingira igituza amasasu.

Ni igitero bigaragara ko yari yateguye neza kubera ko yakigabye mu gihe Abayahudi benshi baba bateraniye muri uriya musigiti kugira ngo bizihize igihe kinini gishize Idini rya Kiyahudi rigeze muri Afurika kuko ryabanjirije muri Tunisia.

Si ubwa mbere aha hantu kandi hagabwa igitero kubera ko no mu mwaka wa 2002 abagizi ba nabi bahagabye igitero bica abantu 21.

Tunisia isanzwe ituwe cyane cyane n’Abayisilamu.

Icyakora iri mu bihugu bya mbere mu Majyaruguru y’Afurika bigira Abayahudi benshi kuko kugeza ubu babarizwa mu bantu 1,800.

Abayahudi batangiye gutura muri Tunisia y’ubu ikitwa Carthage kera cyane mbere ya Yezu Kristu.

Buri gihe uko Tunisia igabweho igitero, biyigiraho ingaruka mu bukungu.

Kuko ari igihugu gisurwa naba mukerarugendo benshi, uko kivuzwemo umutekano mucye ni ko n’abagisura batangira kubanza kubitekerezaho kabiri.

TAGGED:AbayahudiAbayisilamuAfurikaIsinagogiTunisia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Irashaka Gukorana Na DRC Mu Bucukuzi Bwa Petelori Na Gazi
Next Article Ibiciro Ku Isoko Ry’i Kigali Biragabanya Ubukana ‘Gahoro Gahoro’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?