Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tuzakorana N’U Rwanda Dushingiye Kubyo Rushaka- Umuyobozi W’Ikigega Cy’Abafaransa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

Tuzakorana N’U Rwanda Dushingiye Kubyo Rushaka- Umuyobozi W’Ikigega Cy’Abafaransa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2021 12:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Arthur Germond uyobora Ikigega cy’Abafaransa gishinzwe Iterambere mpuzamahanga, Agence Française de Developément avuga ko hari imishinga batoranyije bafatanyije na Leta y’u Rwanda bazatera inkunga. Ngo ibyo bazakora byose bizaba bishingiye ku byatoranyijwe n’u Rwanda.

Germond utaramara ukwezi mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 02, Ugushyingo, 2021 yahaye ikiganiro abanyamakuru ababwira ibyo ikigega ayoboye giteganya gukorera mu Rwanda.

Yavuze ko u Bufaransa bwateguye miliyoni 500 z’ama Euro azakoreshwa mu mishinga Abafaransa bateganya guteramo inkunga Abanyarwanda.

Iyo mishinga irimo iy’ikoranabuhanga, kwita ku bidukikije, siporo, guteza imbere Igifaransa, uburezi muri rusange no kuzamura imyigire y’umukobwa by’umwihariko n’iterambere ry’imibereho y’abatuye icyaro cyane cyane mu Burengerazuba n’Amajyaruguru by’u Rwanda.

Arthur Germond avuga ko amafaranga yo mu kigega Agence Française de Developément(ADF) yose atangwa na Leta y’u Bufaransa kandi aba agamije iterambere ry’ibihugu 15 kiriya kigega gikoreramo.

Ni ikigega gikoresha abakozi bagera ku bihumbi bitatu mu bihugu 15 ku migabane yose y’isi.

Abanyamakuru bamubajije niba abo muri kiriya kigega ari bo bagena aho bazashyira amafaranga yabo mu Rwanda, Arthur Germond asubiza ko ibyo bazakora byose bizaba bishingiye ku mishinga Leta y’u Rwanda izaba yahisemo.

Ati: “ Tuzakorana na Leta y’u Rwanda itubwire aho ibona twashyira amafaranga mu mikoranire isesuye hagati y’impande zombi.”

Yavuze ko igice kinini cy’ibihugu bakorana nabyo  kigizwe n’ibihugu by’Afurika .

Ku byerekeye guteza imbere umuco n’ubuhanzi, Germond wari uri kumwe n’Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda Madamu  Cassiopée Vienne, yavuze ko inshingano z’ikigega ayoboye ari uguteza imbere ibikorwa by’iterambere ariko ko ibireba umuco n’ubuvanganzo biri mu nshingano za Leta y’u Bufaransa.

Abajijwe niba hari icyo ikigega ayoboye giteganya mu guteza imbere itangazamakuru ryo mu Rwanda yasubije ko batarabitekerezaho ariko ko nabyo bishoboka kuko n’aho yaje aturuka, ni ukuvuga muri Liban , iriya gahunda yari ihari.

Ikiganiro cya Bwana Germond kije nyuma y’ikindi giherutse gutangwa na Minisitiri w’ubucuruzi mu  Bufaransa witwa Franck RIESTER.

Icyo gihe yahaye ikiganiro abanyamakuru ababwira imishinga igihugu cye giteganya kuzakoranamo n’u Rwanda.

Yavuze ko yazanye n’abashoramari bo mu bigo 30 bazashora amafaranga yabo mu nzego zitandukanye.

Zirimo urwo gutunganya amazi, urwego rw’ubuzima, kuzamura ubushobozi bw’urubyiruko mu gukora neza ibyo bakora, urwego rw’ubuhinzi, ikoranabuhanga, uburezi n’ahandi.

Franck RIESTER yagize ati: “Tuzakorana mu rwego rwo gutunganya amazi, ubuvuzi, gufasha urubyiruko rw’u Rwanda kumenya byinshi mu kazi rukora no mu zindi nzego z’ubuzima bw’igihugu.”

Yari yaje mu Rwanda mu rwego rwo gukomeza umurunga w’umubano Abakuru b’ibihugu byombi baherutse gutangiza, icyo gihe ukaba waratangiye ku mugaragaro ubwo Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yasuraga u Rwanda mu mezi macye ashize.

Riester yavuze ko umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa mu by’ubukungu uzashingira kucyo yise rélation gagnant-gagnant.

Ni umubano aho buri gihugu kiba cyungukira kucyo ikindi gikora mu buryo wakwita ‘mpa nguhe’.

Abazi Icyongereza babyita win-win situation.

Mu bigo 30 Minisitiri w’ubucuruzi mu Bufaransa avuga bizakorana n’abashoramari b’u Rwanda harimo ikitwa Business France .

Business France ni ikigo cy’Abafaransa giharanira ko ibigo by’Abafaransa byashoye imari mu mahanga bikora byunguka hagamijwe iterambere ryabwo.

Gifite indi nshingano yo guha abashoramari bo mu mahanga amakuru bakeneye ngo bayahereho bashora imari yabo mu Bufaransa.

Ikigega cy’Abafaransa gishinzwe iterambere mpuzamahanga gikorera mu bihugu 15 ku isi

Gitanga  n’abajyanama mu by’ubukungu n’amategeko bafasha abashaka gushora imari mu Bufaransa kubikora bazi ibyo barimo, ni ukuvuga inyungu n’ingaruka bizavamo.

Minisitiri w’u Bufaransa ushinzwe ubucuruzi Franck Reister yageze mu Rwanda avuye muri Uganda aho hageze avuye muri Tanzania.

Nyuma yo kuva mu Rwanda yakomereje urugendo muri Kenya.

Hagati aho hari amakuru avuga ko u Bufaransa bwatangije ingendo z’indege Air France muri Zanzibar.

 Kugeza  ubu hari ibyo u Bufaransa bwatangiye gushoramo imari mu Rwanda.

Muri byo harimo ibigo by’itumanaho nka Canal +, ndetse mu mpera z’Icyumweru gishize, Abafaransa beretse itangazamakuru ingoro ndangamurage y’abakoresha Igifaransa yitwa Centre Culturel Francophone iri ahitwa mu Rugando mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

Bufite kandi Ambasade mu Rwanda nayo ikaba yarafunguwe nyuma y’uruzinduko rwa Emmanuel Macron.

Minisitiri wa Siporo Madamu Aurore Mimosa Munyangaju aherutse kwakira itsinda ry’Abafaransa bagize umuryango witwa France Sport Expertise.

Baganiriye uko u Bufaransa bwafasha u Rwanda guteza siporo yarwo imbere binyuze mu guteza imbere ibikorwa remezo bya siporo mu Rwanda.

Ririya tsinda ryari riyobowe na Julie Mantout.

Na Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda Bwana Antoine Anfré nawe yari ahari.

Ikigo cy’Abafaransa gishinzwe iterambere mpuzamahanga( AFD) kije gukorera mu Rwanda kihasanga ibindi birimo icy’Abanyamerika kitwa USAID, icy’Abongereza kitwa UKAID, icy’Abayapani kitwa JICA, icy’Abanyakoreya y’Epfo kitwa KOICA, icy’Ababiligi kitwa ENABEL, icy’Abanya Suède kitwa SIDA, icy’Abadage kitwa GIZ, n’ibindi.

TAGGED:ArthurBufaransafeaturedKagameMacronRwandaUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BNR Yagabweho Ibitero Ibihumbi 74 By’Ikoranabuhanga
Next Article Mu Rwanda Havutse Ikigega Cy’Ishoramari Cya Miliyoni $250
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?