Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Tweet’ Bakoze Ku Bya Miss Yatumye Bafungwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Tweet’ Bakoze Ku Bya Miss Yatumye Bafungwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 May 2022 2:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rwafashe abagabo babiri rukurikiranyeho ibyaha bibiri ari byo gukwiza ibihuha no kwiyitirira umwirondoro.

Ubugenzacyaha bw’u Rwanda buvuga ko bidakwiye ko umuntu atangaza ibintu yita ko ari ukuri kandi atabanje gushishoza ngo amenye  niba ibyo agiye gukora bitagize icyaha cyo gukwiza ibihuha.

Abafunzwe bakurikiranyweho icyo RIB yita ibihuha nyuma yo gutangariza kuri Twitter ko hari umwe mu bakorera Kaminuza yitwa UTAB tutavuga amazina watawe muri yombi n’ubugenzacyaha azira ihohotera rishingiye ku gitsina akurikiranyweho gukora abakobwa bajyaga mu irushanwa rya MISS wiriya Kaminuza.

RIB iraburira abaturarwanda kwitwararika mu buryo bakoresha imbuga nkoranyambaga kuko bishobora kubagusha mu byaha.

— Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) May 13, 2022

Taarifa yabajije umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha, Dr Thierry B. Murangira niba umuntu watangaje ibintu yari ‘yizeye ko ari ukuri’ nyuma bikagaragara ko ari ibihugu ‘ahita afungwa,’ atabanje kugirwa inama.

Yasubije ko mbere y’uko umuntu atabwa muri yombi habanza kurebwa niba ibyo yakoze yari abigambiriye, niba icyaha nyirizina cyakozwe ndetse hakarebwa ko  hari itegeko rigihana.

Kuri bariya bagabo, Ubugenzacyaha buvuga ko bagikorwaho iperereza.

Gusa ngo hari ‘impamvu zifatika’ zituma bafungwa hanyuma iperereza rigakomeza nyuma.

Dr Murangira

Umuvugizi wa RIB yasabye abaturage kwirinda ibyo gutwikira ku mbuga nkoranyambaga ngo barashaka kurebwa na benshi kuko hari ubwo bivamo icyaha.

Ibyaha byo gutangaza amakuru y’ibihuha no kwiyitirira umwirondoro bihanwa n’ingingo ya 39 n’iya 40 z’itegeko ryo gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.

Uko iri tegeko riteye:

INGINGO YA 39: GUTANGAZA AMAKURU Y’IBIHUHA

Umuntu wese, ubizi, wifashishije mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa atangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu cyangwa ihohotera muri rubanda cyangwa ashobora gutuma umuntu atakarizwa icyizere, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW).

INGINGO YA 40: KWIYITIRIRA UMWIRONDORO

Umuntu wese ubigambiriye ukoresha umwirondoro w’undi muntu kuri murandasi mu buriganya, agamije kubona inyungu, kuyobya cyangwa kwangiza ubwamamare bw’umuntu n’ibindi, mu gihe imyirondoro yabo isa, iteza urujijo cyangwa yenda gusa n’izina cyangwa ibiranga undi muntu cyangwa ikigo aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1,000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.0000 FRW).

TAGGED:featuredibihuhaMissMurangiraRIBTweetTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko RAB Ihombya Leta y’u Rwanda
Next Article Karasira Agiye Gusohora Indirimbo Yahimbiye Uwo Atwite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?