Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda, DRC Byaganiriye Ku Mpamvumuzi Y’Umutekano Muke Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda, DRC Byaganiriye Ku Mpamvumuzi Y’Umutekano Muke Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2024 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu taliki 16, Gashyantare, 2024 Perezida Kagame yitabiriye inama yigaga ku mutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ni inama nto yari yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’ibindi bihugu barimo  Felix Tshisekedi wa DRC, João Lourenço wa Angola, Cyril Ramaphosa uyobora Afurika y’Epfo na William Ruto uyobora Kenya.

Iyi nama yareberaga hamwe uko ibintu byifashe muri aka karere kugira ngo harebwe  uko amahoro arambye yahagaruka.

Barebeye hamwe impamvu-muzi z’amakimbirane akomeje guteza intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Ni inama yigaga ku mpamvumuzi z’umutekano muke muri DRC
Perezida wa Angola niwe muhuza wagenwe na Afurika

Mu byo bagarutseho harimo imiyoborere mibi igaragara muri DRC, kuvangura abantu hashingiwe ku moko ndetse n’urugomo rukorerwa abavuga Ikinyarwanda.

I Addis Ababa kandi Perezida Kagame yanitabiriye Inama yigaga ku byo kubungabunga ibidukikije muri Afurika yayobowe na Perezida wa Congo- Brazzaville Denis Sassou Nguesso ndetse yitabirwa na Perezida wa Banki nyafurika y’iterambere, Akinumi Adesina.

Bigiye hamwe uko haboneka amafaranga akwiye yo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere rigira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Afurika.

Mu Nama y’Afurika yunze ubumwe, Perezida Kagame azabwira abandi bayobozi ba Afurika intambwe imaze guterwa mu birebana no guharura inzira y’amavugurura y’uyu Muryango.

Muri Gashyantare, 2016 nibwo Perezida Kagame yahawe inshingano zo gukurikirana amavugurura akenewe muri uyu muryango hagamijwe ko uzagera ku ntego z’icyerekezo 2063 wihaye mu myaka yatambutse.

- Advertisement -

Ikigega cy’uyu muryango kimaze kugeramo miliyoni $400 zo gufasha mu kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye by’Afurika.

TAGGED:DRCfeaturedKagameTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubanza Rwa Dubai Rugiye Gusubirwamo
Next Article Isoko Ry’Impunzi Za Kigeme Ryakongotse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?