Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Tweet’ Yanditse Nabi Igiye Kujya Ikosorwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

‘Tweet’ Yanditse Nabi Igiye Kujya Ikosorwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2022 12:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter bagiye guhabwa uburyo bwo gukosora inyandiko(tweet) banditse nabi. Ni uburyo butari busanzwe buriho mu myaka 15 Twitter imaze ikora. Icyakora uwanditse nabi Tweet azajya aba afite iminota 30 ngo abe yayikosoye, natinda igume uko iri.

Abahanga bo muri iki kigo bamaze iminsi bagerageza ubu buryo. Ubu buryo niburangiza gutunganyirizwa muri laboratwari za Twitter, aba mbere bazabanza kubukoresha ni abakoresha ubwoko bwa Twitter bita Twitter Blue.

Ni Twitter ikoreshwa cyane muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ubuyobozi bwa Twitter bwatambukije ubutumwa bubwira abakiliya bayo ko nibabona hari Tweet imeze uko uwayirekuye atari yayanditse, ngo ntibazakuke umutima ahubwo bazamenye ko impamvu ari uko hari uburyo bushya buri kugeragezwa.

Tweet izaba yakosowe, izajya isubizwa ku rubuga rwa Twitter igaragaraho inyandiko imenyesha abantu ko yakosowe. Amagambo azayikurikira azaba agira ati: ‘Last Edited’.

Ubuyobozi bwa Twetter buvuga  ko buriya buryo buzatuma abantu bakoresha ruriya rubuga, batekanye, nta mususu.

Ubusanzwe gukora ‘Tweet’ byasabaga kubyitondera kubera ko iyakozwe agatangazwa, itashoboraga gukosorwa ahubwo yasibwaga.

Iyi ntambwe nayo itewe ikurikira iyatewe mu mwaka wa 2017 ubwo umubare w’inyuguti ugiye gukora Tweet atagombaga kurenza, wongerwaga. Wavuye ku nyuguti 140 ujya ku nyuguti 280.

Ubu haribazwa niba abakoresha Twitter bazishimira mu gihe kirekire uburyo bwo gukosora inyandiko yatangajwe cyangwa niba bazabyicuza bidatinze.

TAGGED:InyandikoTweetTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikipe Y’u Rwanda Ya Handball Yatsindiye Gukinira Igikombe Cy’Isi
Next Article Saudi Arabia: Ihuriro Rikomeye Ry’Ibiyobyabwenge Mu Burasirazuba Bwo Hagati
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?