Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Tweet’ Yanditse Nabi Igiye Kujya Ikosorwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

‘Tweet’ Yanditse Nabi Igiye Kujya Ikosorwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2022 12:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter bagiye guhabwa uburyo bwo gukosora inyandiko(tweet) banditse nabi. Ni uburyo butari busanzwe buriho mu myaka 15 Twitter imaze ikora. Icyakora uwanditse nabi Tweet azajya aba afite iminota 30 ngo abe yayikosoye, natinda igume uko iri.

Abahanga bo muri iki kigo bamaze iminsi bagerageza ubu buryo. Ubu buryo niburangiza gutunganyirizwa muri laboratwari za Twitter, aba mbere bazabanza kubukoresha ni abakoresha ubwoko bwa Twitter bita Twitter Blue.

Ni Twitter ikoreshwa cyane muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ubuyobozi bwa Twitter bwatambukije ubutumwa bubwira abakiliya bayo ko nibabona hari Tweet imeze uko uwayirekuye atari yayanditse, ngo ntibazakuke umutima ahubwo bazamenye ko impamvu ari uko hari uburyo bushya buri kugeragezwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Tweet izaba yakosowe, izajya isubizwa ku rubuga rwa Twitter igaragaraho inyandiko imenyesha abantu ko yakosowe. Amagambo azayikurikira azaba agira ati: ‘Last Edited’.

Ubuyobozi bwa Twetter buvuga  ko buriya buryo buzatuma abantu bakoresha ruriya rubuga, batekanye, nta mususu.

Ubusanzwe gukora ‘Tweet’ byasabaga kubyitondera kubera ko iyakozwe agatangazwa, itashoboraga gukosorwa ahubwo yasibwaga.

Iyi ntambwe nayo itewe ikurikira iyatewe mu mwaka wa 2017 ubwo umubare w’inyuguti ugiye gukora Tweet atagombaga kurenza, wongerwaga. Wavuye ku nyuguti 140 ujya ku nyuguti 280.

Ubu haribazwa niba abakoresha Twitter bazishimira mu gihe kirekire uburyo bwo gukosora inyandiko yatangajwe cyangwa niba bazabyicuza bidatinze.

- Advertisement -
TAGGED:InyandikoTweetTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikipe Y’u Rwanda Ya Handball Yatsindiye Gukinira Igikombe Cy’Isi
Next Article Saudi Arabia: Ihuriro Rikomeye Ry’Ibiyobyabwenge Mu Burasirazuba Bwo Hagati
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?