Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twitter Irashaka Kurega Urubuga Ruje Kuyikura Ku Isoko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Twitter Irashaka Kurega Urubuga Ruje Kuyikura Ku Isoko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2023 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamategeko wa Twitter avuga ko ari gutegura ikirego cyo kurega urubuga rushya rumaze igihe gito rutangijwe rwitwa Threads kubera ko ngo abahanga barwo bibye Twitter ikoranabuhanga.

Mu minsi mike ishize, Mark Zuckerberg washinze Facebook na Instagram yatangije urundi rubuga yise Threads rukozwe nka Twitter ariko ruyirusha ko abarukoresha bemerewe no gukoreshaho Instagram bitabaye ngombwa ko bayifungura ku ruhande.

Threads irakunzwe k’uburyo nyuma y’amasaha make ifunguwe imaze kugibwaho n’abantu babarirwa muri miliyoni nyinshi.

Ikinyamakuru Semafor cyatangaje ko mu ibaruwa gifitiye kopi umunyamategeko wa Twitter witwa Alex Spiro yateguye ikirego avuga ko azaregamo Mark Zuckerberg n’ikigo akorera ko bifashishije amakuru bakuye mu miterere ya Twitter kugira ngo bakore Threads kandi ngo ntibyemewe n’amategeko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Alex Spiro

Spiro avuga ko hari abakozi ba Meta( ikigo cya Mark) bafite inyandiko za Twitter zerekana uko ikoze ndetse ngo hari n’ibikoresho by’ikoranabuhanga byahoze ari ibya Twitter bafite.

Uyu munyamategeko avuga ko Twitter ifite uburenganzira bwo kurega Meta cyangwa se bikanyura no mu biganiro.

Ku rundi ruhande, umukozi wa Meta ushinzwe itumanaho witwa Andy Stone avuga ko nta mukozi n’umwe wayo wigeze kuba umukozi wa Twitter, bityo ngo ibyo kuvuga ko hari inyandiko zayo bayibye ari ugusebanya.

Andy Stone

Muri Silicon Valley ubu hari kubera intambara ikomeye mu ikoranabuhanga mu itumanaho.

Elon Musk arashaka ko abantu bakoresha urubuga rwe bishyura kandi bikaba bizwi.

- Advertisement -

Ibi byatumye avuga ko hari ‘tweets’ umuntu atagomba kurekura ku munsi ngo azirenze.

Abashaka gukoresha ubwoko bwihariye bwa Twitter bwitwa TweetDeck bo bagomba kuba baramaze kugura iryo fatabuguzi rya $8 kandi bakayishyura buri kwezi.

Ibi biciro byatumye hari benshi mu bakoresha Twitter bayivaho, abandi batangira gutekereza ahandi bajya bakura amakuru bizeye.

Iyi ni imwe mu mpamvu zatumye Mark Zuckerberg atangaza Threads.

Abazi neza uko uyu mugabo watangije Facebook akora bavuga ko yatangiye gukora Threads kera.

Ndetse ngo kuva Twitter yatangira, yayikoresheje inshuro imwe gusa.

Hari mu mwaka wa 2003.

Indi tweet yakoze ni yo yakoze kuri uyu wa Gatatu nabwo iza isa n’ibwira Musk ko abonye uwo bagiye guhangana kandi ku mugaragaro.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaThreads MarkTwiter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yakije Umuriro Kuri Nyatura Na FDLR
Next Article Biden Arashaka Guha Ukraine Intwaro Z’Ubumara Zibujijwe Henshi Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?