Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Budage Bwemeye Ko Bwakoze Jenoside Muri Namibia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Budage Bwemeye Ko Bwakoze Jenoside Muri Namibia

admin
Last updated: 28 May 2021 10:06 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Budage Heiko Maas yatangaje ko icyo gihugu cyateje ububabare ndengakamere abaturage bo mu bwoko bwa Herero na Nama muri Namibia y’ubu, muri jenoside yakozwe mu gihe y’ubukoloni.

Mu itangazo Minisitiri Maas yasohoye, yavuze ko nk’ikimenyetso cyo kwemera ibyo bakoze, u Budage bugiye gushyiraho ikigega cya miliyari $1.34. Abagizweho ingaruka n’ibikorwa by’u Budage bazagira uruhare mu kugena icyo kizakoreshwa.

Yanatangaje ko igihe hagira abaregera indishyi, itazavanwa muri kiriya kigega nk’uko DW yabirangaje.

Byagenze bite kiriya gihe?

U Budage nibwo bwakolonije igice cy’amajyepfo y’uburengerazuba bwa Afurika, hagati y’imyaka ya 1884 na 1915.

Abaturage benshi batangiye kurambirwa abakoloni, babigumuraho ndetse babagabaho ibitero kuko nta gahunda bagaragazaga yo gutaha. Muri abo harimo abo mu moko ya Herero na Nama.

General Lothar von Trotha woherejwe n’u Budage guhangana na biriya bitero guhera mu 1904, yaje kumenyekana cyane ku byemezo yagiye afata bitabamo impuhwe na nke. Nibwo iriya yaje kwemerwa nka jenoside yabaye, kugeza mu 1908.

Abahanga mu mateka bagaragaza ko abantu 65.000 mu basaga 80.000 ba Herero bari batuye aho hantu n’abandi 10.000 mu baturage 20.000 ba Nama, bishwe. Bibarwa ko hari n’umubare munini w’abo mu bwoko bwa San bishwe n’Abadage.

Uko ubwumvikane bwagezweho

Minisitiri Maas yavuze ko hamaze igihe ibiganiro hagati y’ibihugu byombi, bigamije gushaka inzira ihuriweho iganisha ku bwiyunge no guhesha agaciro abishwe.

Nyuma yo kuvuga ko ari jenoside yabaye, yakomeje ati “Guhera ubu, mu buryo bwemewe, tuzajya twita ariya mahano izina ryayo – jenoside.”

Abaturage b’amoko ya Herero na Nama bagize uruhare muri biriya biganiro n’u Budage, bimaze imyaka isaga itanu. Byatangiye mu 2015.

Ni nyuma y’uko mu 2014 uwari Minisitiri w’iterambere mu Budage, Heidemarie Wieczorek-Zeul, yasabye imbabazi kuri buriya bwicanyi ubwo yari mu rugendo muri Namibia, yemeza ko ibyo bakoze mu nyito yo muri iki gihe ari Jenoside.

Biteganywa ko inyandiko igaragaza ko u Budage bwemera ibyabaye izasinyirwa mu murwa mukuru Windhoek muri Kamena. Nyuma izemezwa n’Inteko zishinga amategeko z’ibihugu byombi.

Mu minsi iri imbere Perezida w’u Budage Frank-Walter Steinmeier azagirira uruzinduko muri Namibia, rugamije gusabira imbabazi imbere y’inteko ishinga amategeko y’icyo gihugu.

TAGGED:featuredNamibiaU Budage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 16 Bakekwaho Kuyogoza I Gicumbi Bafashwe
Next Article Abahawe Urukingo Rwa AstraZeneca Bagiye Guterwa Urwa Kabiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?