Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa Bugiye Kuvana Ingabo Muri Mali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bufaransa Bugiye Kuvana Ingabo Muri Mali

Last updated: 17 February 2022 12:26 pm
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko hamwe n’ibihugu bafatanyaga mu kurwanya iterabwoba muri Mali, bagiye kuvanayo ingabo kubera kudahuza n’ubuyobozi bwa gisirikare buyoboye icyo gihugu mu nzibacyuho.

Umwuka mubi wakomeje kwiyongera ubwo ubuyobozi burangajwe imbere a Colonel Assimi Goita bwavugaga ko amatora azasubiza abasivili ubutegetsi azaba mu 2025 aho kuba muri Gashyantare uyu mwaka, kubera ibibazo byihutirwa igihugu gifite.

Ibintu byabaye bibi ubwo hamenyekanaga ko Mali yahaye ikiraka ikigo cyigenga gicunga umutekano cyo mu Burusiya, Wagner Group, igihugu gihanganye cyane n’u Burayi na Leta zunze ubumwe za Amerika muri iyi minsi.

Perezida Macron yatangaje iki cyemezo kuri uyu wa Kane, ubwo abayobozi barimo Perezida wa Senegal Macky Sall unayoboye Ubumwe bwa Afurika, Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi Charles Michel na Perezida Ghana Nana Akufo-Addo unayoboye Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS), baganiraga n’itangazamakuru muri Palais de l‘Élysée.

Macron yavuze ko ubwo bjyaga muri Mali mu 2013, icyo gihugu cyasabye ubufasha mu guhangana n’umutwe w’iterabwoba ugendera ku mahame yitirirwa idini ya Islam, wari utangiye gusatira umurwa mukuru.

Icyo gihe ngo batumye ubutegetsi bwa Mali budahirima.

Gusa go ubuyobozi bw’inzibacyuho bwatwaye ibintu mu buryo butatuma imikoranire ikomeza.

Macron yavuze ko kurwanya iterabwoba nk’ikintu cyihutrwa bidakwiye kuba iturufu yo kuguma ku butegetsi, cyangwa ngo bibe impamvu yo kwitabaza “abacanshuro” bafite ibikorwa bibi byagaragajwe muri Repubulika ya Centrafrique.

Ibyo ngo bituma ko bidashoboka ko baguma mu bikorwa bya gisirikare mu gihugu gifite ubuyobozi badasangiye imikorere n‘izindi gahunda z’ibanga.

Ati “Kubw’izo mpamvu, u Bufaransa n’abafatanyabikorwa mu butumwa bwo kurwanya iterabwoba, by’umwihariko Fask Force Takuba, bafashe icyemezo cyo kuvana ingabo muri Mali.”

Ni igikorwa ngo kizajyana no gufunga ibigo bya gisirikare bya Gossi, Ménaka na Gao.

Ni ibikorwa ngo bizaba mu buryo bunoze, ku bufatanye n’Ingabo za Mali n’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro uri icyo gihugu, MINUSMA.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Kane, u Bufaransa, Ubumwe bw’u Burayi na Canada byavuze ko bizakomeza “urugamba ruhuriweho rwo kurwanya iterabwoba mu gace ka Sahel, harimo muri Niger no mu kigobe cya Guinea”.

Bavuze ko harimo ibiganiro mu rwego rwa politiki na gisirikare, ku mikoranire mishya izemezwa bitarenze Kamena 2022.

Perezida Macky Sall yavuze ko urebye uko ibintu bimeze muri Mali, bumva icyemezo cyafashwe n’abayobozi b’u Burayi n’u Bufaransa, ariko icyiza ni uko abasirikare batavuye muri aka karere burundu.

Yavuze ko bumvikanye n‘u Burayi ko urugamba rwo guhashya iterabwoba muri Sahel rudakwiye kuba ikibazo cya Afurika yonyine, bumvikana ko abo basirikare baguma mu karere.

Yavuze ko bizeye ko ibiganiro hagati y’Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba (CEDEAO) na Mali bizatuma ubutegetsi bwa gisivili busubizwaho vuba binyuze mu matora, “ibintu bikongera kujya mu buryo”.

Izi ngabo zakoreraga muri Mali muri Operation Barkhane na Task Force Takuba, zihurirwaho n’ibihugu 14.

Icyemezo cyo kuvana izingabo muri Mali gifashwe mu bihe bikomeye kuko kudeta zikomeje kuba cyane mu bihugu byakolonijwe n’u Bufaransa byo mu burengerazuba bwa Afurika, birimo Mali, Chad na Burkina Faso, ndetse imitwe y’iterabwoba yugarije cyane aka karere.

Ni ibikorwa byasize icyuho ku ijambo ry’u Bufaransa muri ibi bihugu, biha urwaho u Burusiya.

Kugeza ubu ikibazo gisigaye ku basirikare 14,000 bari muri MINUSMA n’ibindi bikorwa by’ingabo z’u Burayi, cyane ko u Bufaransa butangagamo umusanzu mu nzego zirimo ubuvuzi, ingendo zo mu kirere n’ubutabazi bwihuse.

Perezida Macron yavuze ko muri iyi minsi bazakomeza gutanga uyu musanzu wabo.

TAGGED:Emmanuel MacronfeaturedMacky SallSahelu Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Umuhanzi RUGER Agiye Gutanga Ikiganiro Ku Gitaramo Cye Mu Rwanda
Next Article U Rwanda Ruzatangira Rukora Inkingo Miliyoni 50
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?