Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Buholandi Nabwo Bwasubitse Ikoreshwa Ry’Urukingo Rwa AstraZeneca
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

U Buholandi Nabwo Bwasubitse Ikoreshwa Ry’Urukingo Rwa AstraZeneca

Last updated: 15 March 2021 9:05 am
Share
SHARE

Guverinoma y’u Buholandi yasubitse ikoreshwa ry’urukingo rwa Astrazeneca/Oxford mu gukingira icyorezo cya COVID-19, kugeza nibura ku wa 29 Werurwe.

Ni icyemezo “cyafashwe mu buryo bwo gukumira ikibazo gishobora kubaho” nk’uko ubuyobozi bw’icyo gihugu bwabitangaje.

U Buholandi bukurikiye ibindi bihugu byinshi by’u Burayi byahisemo kuba bihagaritse gutanga urukingo rwa AstraZeneca biheruka kwakira, kugira ngo rubanze rukorweho iperereza ku bibazo byo kuvura kw’amaraso byagaragaye ku bantu bake mu bamaze kuruterwa.

Repubulika ya Ireland na yo iheruka gufata icyo cyemezo nyuma y’ibibazo nk’ibyo byavuzwe mbere muri Norvège.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, WHO, riheruka kuvuga ko nta kimenyetso kigaragaza ko hari isano hagati y’urwo rukingo n’ibyago biri hejuru byo kuvura kw’amaraso mu bice bimwe by’umubiri.

Ikigo Gishinzwe Imiti mu Burayi (EMA) ari nacyo kirimo gukora iperereza kuri icyo kibazo, giheruka gutangaza ko mu gihe nta bimenyetso biragaragaza ko urukingo rwa AstraZeneca rutera ibyago byo kwipfundika kw’amaraso, ibyiza byarwo bikomeje kuruta impungenge rwitirirwa.

Ibindi bihugu bya Denmark, Norvège, Bulgaria, Iceland, Thailand, u Butaliyani na Repubulika ya Demokarasi ya Congo byamaze gusubika ikoreshwa rya AstraZeneca nibura mu byumweru bibiri, mu gihe bitegereje ibizava mu iperereza.

Mu itangazo yasohoye, AstraZeneca yavuze ko urukingo rwabo rumaze guhabwa abantu basaga miliyoni 17, ariko ibibazo byagaragaye ku bantu 37 mu Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Bwongereza.

Umuyobozi Ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri AstraZeneca, Ann Taylor, yavuze ko imiterere y’iki cyorezo yatumye bitondera buri kantu kose kagaragazwa nk’ikibazo ku rukingo, ku buryo bakomeje gukurikirana ibibazo byose bigenda bigaragazwa.

U Rwanda ni kimwe mu bihugu bikomeje gukoresha inkingo za AstraZeneca. Hamaze gukingirwa abantu 257.449 hakoreshejwe izo nkingo hamwe n’iza Pfizer.

Binyuze muri gahunda mpuzamahanga yo gufasha ibihugu kubona inkingo za COVID-19, COVAX, u Rwanda rwemerewe inkingo 744.000 za AstraZeneca kugeza muri Gicurasi.

TAGGED:AstraZenecafeaturedRwandaU Buholandi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuki ‘Icyiciro Cy‘Abanyamakuru’ Mu Rwanda Kidakingirwa COVID-19?
Next Article Perezida wa Botswana arasura Repubulika ya Demukarasi ya Kongo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

You Might Also Like

Imikino

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?