Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burayi Bwafunze Ibinyamakuru Bya Leta y’u Burusiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burayi Bwafunze Ibinyamakuru Bya Leta y’u Burusiya

admin
Last updated: 01 March 2022 4:55 pm
admin
Share
Russia Today (RT) logo is seen on a smartphone in front of displayed Youtube logo in this illustration picture taken February 26, 2022. REUTERS/Dado Ruvic/Illustration
SHARE

Ibinyamakuru Russia Today (RT) na Sputnik byo mu Burusiya bikomeje gukomanyirizwa, aho kuri uyu wa Kabiri konti zabyo kuri YouTube zafunzwe mu bihugu bigize Ubumwe bw’u Burayi (EU).

Ni ibyemezo birimo gufatwa hagamijwe gukumira ko u Burusiya bwumvikanisha impamvu y’intambara bwatangije kuri Ukraine, imaze gukura mu byabo abantu basaga 660,000.

Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare bwo ikigo Meta Platforms Inc ari nacyo cyabyaye Facebook, cyatangaje ko kigiye gushyiraho uburyo butuma ibinyamakuru RT na Sputnik bya Leta y’u Burusiya bidakoresha imbuga zacyo muri EU.

Ni icyemezo cyafashwe ku “busabe bwa Guverinoma nyinshi na EU”, nk’uko byatangajwe kuri Twitter n’umwe mu bayobozi bakuru ba Meta, Nick Clegg.

Meta, Microsoft Corp na Alphabet Inc ibyara Google na YouTube, byaherukaga gukomanyiriza biriya binyamakuru bibiri ku buryo bitari bicyinjiza amafaranga ava mu matangazo abinyuzwaho.

Mu kurushaho kubipyinagaza, YouTube yatangaje ko yafunze konti za RT na Sputnik ku buryo mu Burayi zitagaragara.

Yatangaje iti “Turimo gufunga channel za RT na Sputnik kuri Youtube mu Burayi bwose, uhereye aka kanya.”

Kuri uyu wa Mbere kandi Microsoft Corp cyo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko igiye kuvana application ya telefoni ya RT mu ishakiro ry’izindi ziboneka mu bubiko bwayo, Windows App store.

Yanatangaje ko itazongera kwemera isakazwa ry’amakuru ya RT na Sputnik, ihagarika kuba wabona biriya binyamakuru unyuze mu ishakiro rya Bing ndetse nta gikorwa cyo kwamamaza kizongera kugera kuri biriya binyamakuru giciye kuri Microsoft.

Google yo iheruka no gukuraho kuba umuntu yanyura mu bubiko bwa porogaramu za telefoni zikoresha ikoranabuhanga ryayo, agashyira muri telefoni ye application ya RT igihe ari ku butaka bwa Ukraine.

Hari nyuma yo gufunga uburyo bwatumaga ibinyamakuru bya Leta y’u Burusiya byinjiza amafaranga ava mu kwamamaza ku mbuga zabyo, applications cyangwa amashusho binyuza kuri YouTube.

Uretse ibijyanye n’itangazamakuru, u Burayi bwamaze gufatira ibihano amabanki akomeye yo mu Burusiya, abaherwe b’icyo gihugu ndetse n’amakipe yaho arimo gukurwa mu marushanwa mpuzamahanga.

Ibigo byinshi birimo gusesa amasezerano byari bifitanye n’ibyo mu Burusiya, cyane cyane ibirimo ukuboko kwa Leta.

Ni ibihano byitezwe ko bikomeza kwiyongera, ndetse Minisitiri w’Imari w’u Bufaransa, Bruno Le Maire, yabwiye radio Franceinfo ko bigomba kugeza ubukungu bw’u Burusiya “hafi y’ugusenyuka.”

Mu bihano byafashwe harimo gufatira imitungo y’abantu bakomeye barimo Perezida Vladmir Putin ubwe, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Sergei Lavrov, umuyobozi w’ikigo cya Leta gishinzwe ingufu (Rosneft), Igor Sechin, n’abaherwe Alexei Mordashov, Alisher Usmanov na Gennady Timchenko bose b’inshuti za Putin.

TAGGED:featuredRussia TodaySputnik
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwatozaga Ikipe Y’Igihugu Ya Cameron Yasimbujwe Rigobert Song
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Minisitiri W’Ubukungu Mu Budage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?