Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burundi ‘Buri Hafi’ Kongera Kubona Inkunga Y’Abanyaburayi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burundi ‘Buri Hafi’ Kongera Kubona Inkunga Y’Abanyaburayi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2021 10:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi buri gusuzuma uko bwakuriraho ibihano u Burundi. Ni ibihano mu by’ubukungu byashyizweho mu mwaka wa 2015 ubwo mu Burundi habaga imidugararo yatewe n’uko Pierre Nkurunziza yiyamamarije kuba Perezida kandi hari abaturage batabishakaga.

Iyi midugararo yavuyemo urupfu rw’abantu benshi, abandi barahunga.

Ambasaderi w’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi mu Burundi witwa Claude Bochu yabwiye ibinyamakuru byo mu Burundi ko bitarenze mu mpera za Kamena, 2021, bazaba bagejeje inyandiko zisaba ko u Burundi buvanirwaho ibihano  ku rwego rushinzwe iby’ubutabera muri uriya Muryango.

Abanyaburayi bavuga ko bahagaritse inkunga bahaga u Burundi kubera ko Pierre Nkurunziza yiyamamarije indi Manda

Ambasaderi Claude Bochu avuga ko gukuriraho u Burundi ibihano by’ubukungu byakozwe nyuma yo gusuzuma bagasanga imiyoborere ya Evariste Ndayishimiye iri mu murongo wa ‘Demukarasi isesuye’ no guteza imbere uburenganzira bwa muntu.

Avuga kandi ko mu rwego rwo gufasha u Burundi muri iyi nzira y’iterambere, Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi uteganya kuzafasha u Burundi gusana icyambu cya Bujumbura n’inkengero zacyo, bigakorwa mu rwego rwe  rwo kuzamura urwego rw’uburobyi n’ubwikorezi buca mu mazi.

Abanyaburayi kandi barateganya kuzatera u Burundi inkunga yo kurushaho kuvugurura ubuhinzi, bukareka kuba ubwa gakondo ahubwo bukaba ubwa kijyambere.

Mu gufasha u Burundi kandi, Abanyaburayi bazakorana n’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe n’Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’i Burasirazuba, EAC.

Umunyamabanga mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki avuga ko gukomanyiriza u Burundi byabushegeshe kandi bigira ingaruka no kubatuye EAC bose.

Bwana Claude Bochu ahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi i Bujumbura yigeze kuvuga ko kuva Perezida Evariste Ndayishimiye yajya ku butegetsi, umutekano wabaye mwiza kurusha mbere ye.

Icyo gihe yavuze ko ubukungu bugomba gukomeza kubakwa gahoro gahoro.

Ambasaderi Bochu yabwiye The East African ko n’ubwo Umuryango w’Ubumwe by’i Burayi wari umaze igihe warafunze inkunga wateraga u Burundi, ariko usanzwe ari we muterankunga wa mbere wabwo.

 

TAGGED:AmatoraBujumburaBurundiEACfeaturedNdayishimiyeNkurunzizaUbukunguUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Izindi Hoteli Na Resitora Zashyizwe Mu Zakira Abipimishije COVID-19 Gusa
Next Article Uganda Ifite Umugaba Mukuru W’Ingabo Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?