Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwaburiye Sweden Na Finland Ko Nibishaka Kujya Muri OTAN Bizabona Ishyano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwaburiye Sweden Na Finland Ko Nibishaka Kujya Muri OTAN Bizabona Ishyano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2022 5:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma y’u  Burusiya yahaye umuburo Sweden na Finland ko nibishaka kujya muri OTAN/NATO bizahura n’akaga. Hari amakuru avuga ko umugambi wa Putin ari ugukoma imbere ibihugu byose bituranye nabwo bukabibuza kujya muri OTAN.

Maria Zakkarova yavuze yagize ati: ‘ u Burusiya buraburira Finland na Sweden ko niba bishaka amahoro byagombye kwirinda gushakira amahoro mu guhungabanya ay’ibindi bihugu.’

Itangazamakuru ryo mu Bwongereza rivuga ko u Burusiya buzihimura bukoresheje ingufu za gisirikare kuri Sweden na Finland nibiramuka bigiye muri OTAN.

Sweden na Finland nibyo bihugu bituranye n’u Burusiya bya hafi bihereye ku Nyanja ya Arctic.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma y’uko Zakharova abitangaje, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burusiya yasubiye mu magambo ye, ivuga ko ibyo u Burusiya buvuga bubikomeje.

Maria Zakharova

Ni ubutumwa bwacishijwe kuri Twitter.

Ni ubutumwa bugira buti: “ Turakurikiranira hafi umugambi wa Sweden na Finland wo kujya muri OTAN kandi turabasezeranya ko kubikora bitazabura kugendana n’ingaruka za gisirikare.”

Mbere y’uko u Burusiya butangiza intambara kuri Ukraine bwari bufite amakuru ahagije avuga ko haburaga igihe gito ngo iki gihugu kinjire muri OTAN.

Ubwoba buri ku isi hose muri iki gihe ni uko Ukraine ira bufatwe n’ubutegetsi bwa Putin mu minsi micye iri imbere.

- Advertisement -

Mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu taliki 26, Gashyantare, 2022 ingabo  z’u Burusiya zanjiye mu murwa mukuru wa Ukraine witwa Kiev ziturutse mu byerekezo bitandukanye, urugamba rurahinana ariko abasirikare ba Ukraine bagerageza kwihagararaho.

Dailymail yanditse ko hari indege y’ingabo z’Abarusiya yahanuwe irimo abasirikare 300.

Perezida wa Ukraine witwa Zelensky yavuze ko we n’ingabo ze batari bumanike amaboko, ngo bararwana kugeza ku wa nyuma.

Ingabo z’u Burusiya zinjiye muri Ukraine zinyuze mu byerekezo bibiri.

Mu Burengerazuba ahitwa Beresteiska no Mu Majyaruguru ahitwa Troieshchyna.

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yaraye abwiye abaturage be ko bagomba gucyenyera bagakomeza kuko intambara igeze ahakomeye.

Yababwiye ko mu ijoro ryacyeye ibintu biri buze kuba bikomeye, ubwo ingabo z’u Burusiya ziraba zigeze mu Murwa mukuru rwagati.

Byitezwe ko kuri uyu wa Gatandatu u Burusiya buri burare bufashe igice kinini cya Kiev.

Ku rundi ruhande ariko ingabi za Ukraine nazo zihagazeho.

Mu mirwano ikomeye, izi ngabo zihagazeho uko zishoboye zihangana n’abasirikare b’u Burusiya nabo bariye karungu.

Hari n’amakuru avuga ko zahanuye indege  ebyiri za gisiriakre z’Abarusiya zo mu bwoko bwa IL-76.

Bazihanuriya ahitwa Vasylkiv na Bila Tserkva.

Nyuma y’andi masaha abiri, ingabo za Ukraine zahanuye kajugujugu ya gisirikare y’ingabo z’u Burusiya yari igeze ahitwa Donbas. Bayihanuje misile zirasirwa ku butaka.

Hagati aho, urugamba rukomeye rurakomeje mu gice cya Troieshchyna  mu Majyaruguru ya Kiev, aka  kakaba ari agace gafite urugomero rw’amashanyarazi runini ingabo za Ukraine zitifuza gutakaza.

Perezida Zelensky yasabye abaturage be gukomeza kuba maso no guhaguruka bagahangana n’umwanzi, ntibamanike amaboko.

Yabwiye abo mu bice bya Chernihiv, Symy, Kharkiv na Donbass kwitegura intambara kuko ari ho biteganyijwe ko ingabo z’u Burusiya ziri bwibasire kuri uyu wa Gatandatu.

Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabye Perezida  Zelensky kuzihungiraho ariko arazihakanira avuga ko atasiga igihugu cye mu mage.

Uyu mugabo w’imyaka 44 ubu ni nawe wafashe umwanya wa Minisitiri w’ingabo.

 

TAGGED:BurusiyafeaturedFinlandIngaboPutinSwedenUkraineUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Iterambere Mu Kubika Amakuru Mu Ikoranabuhanga Ryakuze
Next Article Ingabo z’u Burusiya Zinjiye Mu Mujyi wa Kabiri Munini Muri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?