Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwatanze Agahenge Muri Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwatanze Agahenge Muri Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2022 10:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ingabo z’u Burusiya yatangaje ko abasirikare bari muri Ukraine babaye bahagaritse intambara kugira ngo bahe abashaka guhunga uburyo bwo gusohoka mu gihugu.

Ni umwanzuro wafashwe mu rwego rwo guha abatuye imijyi ibiri irimo n’uherereye ku cyambu cya Mariupol kubona uko bayisohokamop.

Ni imijyi imaze igihe yaragoswe n’ingabo z’Abarusiya.

Itangazo ryasohowe na Minisiteri y’ingabo mu Burusiya rigira riti: “ Twabaye duhagaritse imirwano kugira ngo duhe abatuye imijyi ya Mariupol na Volnavakha uburyo bwo guhunga bakava mu bice twigaruriye.”

Icyambu cya Mariupol kimaze iminsi kizengurutswe n’ingabo z’Abarusiya bikaba byaratumye abagatuye n’abantu mu nkengero zako batabona uko bahunga.

Umuyobozi w’uyu Mujyi witwa Vadim Bayichenko avuga ko abatuye uyu mujyi babaga mu kato ndetse ngo hari ibice bimwe byawo bitari bikigira amazi n’amashanyarazi.

Yari amaze iminsi yinginga ubuyobozi bw’ingabo z’u Burusiya kureba uko zaha abaturage inzira bacamo bahunga kugira ngo bajye mu bice bashobora kubonamo amazi n’amashanyarazi.

Mu Mujyi wa Volnovakha ho haracyari imirwano yeruye kandi iremereye.

90% by’Umujyi wose nta mashanyarazi bifite kandi inyubako zarasenyutse bikomeye.

Ikindi ngo  ni uko ingabo z’u Burusiya zarashe muri uriya mujyi nta mpuhwe namba kandi ngo kariya ni agace gatuwe n’abaturage bakabakaba 500 000.

Ni umujyi uturanye n’Inyanja yitwa Azov, ukaba utuwe n’abantu 450,000.

Bitewe n’aho uherereye, ni umujyi ufatiye runini abasirikare b’u Burusiya bari muri Ukraine kuko bashobora gukorana na bagenzi babo basanzwe bakambitse mu Ntara ya Crimea u Burusiya bwambuye Ukraine mu mwaka wa 2014.

Hagati aho hari itsinda ry’abanyamakuru ba Sky News baraye barashweho ubwo bari bagiye i Kiev gukurikirana amakuru.

Hari video yatangajwe na Daily Mail yerekana abo banyamakuru amaguru bayabangiye ingata!

Nyuma yo kuraswaho bagize amahirwe babona ahantu harunze imifuka ya Sima barihisha, baza gutabarwa na Polisi ya Ukraine.

Abo banyamakuru barimo uwitwa Dominique van Heerden, Martin Vowles na Andrii Lytvynenko.

TAGGED:AbasirikareBurusiyafeaturedIntambaraPutinVideo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntabwo Tugarura Amahoro Mu Mahanga Tugamije Indonke- Umuvugizi wa RDF
Next Article BBC ‘Yabaye Ihagaze ’ Mu Burusiya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?