Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwemeje Ko Burimo Kuvana Ibifaru n’Imbunda Nini Hafi Ya Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwemeje Ko Burimo Kuvana Ibifaru n’Imbunda Nini Hafi Ya Ukraine

admin
Last updated: 18 February 2022 10:24 am
admin
Share
SHARE

Umwuka w’intambara umaze iminsi hagati y’u Burusiya na Ukraine usa n’uwatangiye gucogora. Nyuma yo gutangaza ko bwatangiye kugabanya abasirikare mu bice byegereye umupaka wa Ukraine, u Burusiya bwemeje ko bwatangiye no kugabanyayo ibifaru n’imbunda za rutura.

Ni intambara imaze iminsi inugwanugwa, ndetse bisa n’aho ishobora kwinjirwamo n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi na Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Nubwo ariko u Burusiya bwavuze ko bwatangiye gusubiza inyuma abasirikare, Amerika yo ivuga ko ataribyo, ahubwo bwongereyeho abandi basirikare bagera mu 7000.

Biteganywa ko mu gihe intambara yaba itaratangira, mu cyumweru gitaha ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga ba Amerika n’u Burusiya, Anthony Blinken na Sergei Lavrov, bazahurira mu nama yihariye nk’uko AFP yabitangaje.

Blinken yaherukaga gutangaza ko amakuru bafite ari uko u Burusiya bugomba gutangiza intambara “isaha iyo ariyo yose”, ariko iminsi ikomeje kwicuma.

Kuri uyu wa Kane yabwiye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ko nubwo u Burusiya buvuga ko bwatangiye kugabanya ingabo hafi ya Ukraine, biri mu magambo aho kuba mu bikorwa.

Ahubwo ngo burimo gushakisha imbarutso y’intambara.

Ati “Amakuru dufite atwereka ko izi ngabo, haba abasirikare bo ku butaka, indege n’amato by’intambara, birimo kwitegura gutangiza intambara kuri Ukraine mu minsi iri imbere. Icya mbere, u Burusiya buteganya guhimba imbarutso y’intambara. Ishobora kuba igikorwa cy’ubugizi bwa nabi u Burusiya bwakwitirira Ukraine, cyangwa ibirego bikomeye u Burusiya bwagereka kuri Guverinoma ya Ukraine.”

“Icya kabiri, mu gisa nko gusubiza kuri ubwo bushotoranyi bwahimbwe, inama nkuru y’umutekano ya guverinoma y’u Burusiya izahita iterana by’ikinamico, kugira ngo ishakire umuti ibyo byiswe ibihe by’amage. Igikurikira, igitero cyateguwe kizahita gitangira. Missile n’ibisasu by’u Burusiya bizitura kuri Ukraine, itumanaho rihagarikwe, ibitero by’ikoranabuhanga bifunge inzego nynishi za Ukraine.”

Ukraine yo iheruka gutangaza ko amakuru y’uko itambara igiye gutangira amaze kuba ibintu bisanzwe.

Ingabo za yo ziryamiye amajanja ko igihe cyose umuriro ushobora gutangira kwaka.

Icyihishe Inyuma y’Intambara Ishobora Kurota Hagati ya Amerika, u Burusiya Na Ukraine

TAGGED:featuredU BurusiyaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbuto Foundation Mu Bufatanye N’Ikigo IHS Hagamijwe Guteza Imbere Uburezi
Next Article Mu Rwanda Umwanzuro 1325 Wa UN Uve Mu nyandiko Ujye mu Bikorwa No Mu Ngo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?