Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwiyemeje Gufasha DR Congo Kurwanya M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwiyemeje Gufasha DR Congo Kurwanya M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2023 4:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U  Burusiya bwatangaje ko bwiteguye gukorana na Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu kurwanya M23.

Ni icyemezo cyatangajwe ku mugaragaro nyuma y’ibiganiro byabuhuje na Minisitiri wa DRC ushinzwe ingabo.

Yitwa Jean Pierre Bemba.

Ubwo yahabwaga inshingano zo kuba Minisitiri w’ingabo, Bemba yavuze ko byanze bikunze azasenya imitwe y’inyeshyamba yazengereje u Burasirazuba bw’igihugu cye.

Hagati aho, Perezida wa DRC aherutse kugirana ibiganiro na mugenzi we uyobora u Burusiya witwa Vladmir Putin.

Taliki 20, Mata, 2023 nibwo ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi kuri iyi ngingo bwatangajwe.

Hari nyuma y’ibiganiro byahuje Ambasaderi w’u Burusiya muri DRC witwa Alexey Sentebov na Minisitiri w’Intebe wungirije ushinzwe n’umutekano, Jean Pierre Bemba.

Alexey yavuze ko igihugu cye gihangayikishijwe n’imitwe y’iterabwoba yo mu Burasirazuba bwa Congo.

Ibi nibyo byatumye u Burusiya bwiyemeza gutanga inkunga mu guhashya iriya mitwe.

Ati: “UBurusiya bwiteguye gutanga ubufasha bwabwo mu kurwanya imitwe y’iterabwoba. Dushishikajwe cyane no kurwanya ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba iri mu Burasirazuba bwa Congo kugira ngo ako gace kagire amahoro arambye”.

Avuga ko igihugu cye cyiteguye kugirana ubufatanye na Congo mu bya gisirikare kugira ngo uburasirazuba bwa Congo hagire amahoro arambye.

Avuga ko hakenewe intwaro n’ibindi bikoresho ingabo za DRC zizakenera ngo zikomeze zirwane n’iriya mitwe.

Hari hashize igihe gito hari agahenge hagati y’ingabo za DRC n’abarwanyi ba M23.

N’ubwo ari uko bimeze, ibintu biherutse guhinduka ubwo Perezida Tshisekedi yatangazaga ko adashobora kugirana ibiganiro n’abarwanyi na M23 kuko abita abakora iterabwoba.

Perezida Tshisekedi aherutse gutangaza ko ataganira na M23

Umutwe  M23  wo ushinja Leta ya Congo n’igisirikare cyayo kutubahiriza ibyemezo by’inama y’Abakuru b’ibihugu yabereye  i Nairobi  bisaba ko impande zihanganye zihagarika imirwano.

Uyu mwuka w’ubwumvikane buke niwo watumye buri ruhande rutangira kwitegura indi ntambara ishobora kuzaba ikomeye kurushaho.

TAGGED:AbarwanyiCongoDRCfeaturedM23Tshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 413 Bamaze Kugwa Mu Ntambara Ya Sudani
Next Article Umuhanda Muhanga – Ngororero Si Nyabagendwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?