Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwiyemeje Gufasha DR Congo Kurwanya M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwiyemeje Gufasha DR Congo Kurwanya M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2023 4:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U  Burusiya bwatangaje ko bwiteguye gukorana na Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu kurwanya M23.

Ni icyemezo cyatangajwe ku mugaragaro nyuma y’ibiganiro byabuhuje na Minisitiri wa DRC ushinzwe ingabo.

Yitwa Jean Pierre Bemba.

Ubwo yahabwaga inshingano zo kuba Minisitiri w’ingabo, Bemba yavuze ko byanze bikunze azasenya imitwe y’inyeshyamba yazengereje u Burasirazuba bw’igihugu cye.

Hagati aho, Perezida wa DRC aherutse kugirana ibiganiro na mugenzi we uyobora u Burusiya witwa Vladmir Putin.

Taliki 20, Mata, 2023 nibwo ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi kuri iyi ngingo bwatangajwe.

Hari nyuma y’ibiganiro byahuje Ambasaderi w’u Burusiya muri DRC witwa Alexey Sentebov na Minisitiri w’Intebe wungirije ushinzwe n’umutekano, Jean Pierre Bemba.

Alexey yavuze ko igihugu cye gihangayikishijwe n’imitwe y’iterabwoba yo mu Burasirazuba bwa Congo.

Ibi nibyo byatumye u Burusiya bwiyemeza gutanga inkunga mu guhashya iriya mitwe.

Ati: “UBurusiya bwiteguye gutanga ubufasha bwabwo mu kurwanya imitwe y’iterabwoba. Dushishikajwe cyane no kurwanya ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba iri mu Burasirazuba bwa Congo kugira ngo ako gace kagire amahoro arambye”.

Avuga ko igihugu cye cyiteguye kugirana ubufatanye na Congo mu bya gisirikare kugira ngo uburasirazuba bwa Congo hagire amahoro arambye.

Avuga ko hakenewe intwaro n’ibindi bikoresho ingabo za DRC zizakenera ngo zikomeze zirwane n’iriya mitwe.

Hari hashize igihe gito hari agahenge hagati y’ingabo za DRC n’abarwanyi ba M23.

N’ubwo ari uko bimeze, ibintu biherutse guhinduka ubwo Perezida Tshisekedi yatangazaga ko adashobora kugirana ibiganiro n’abarwanyi na M23 kuko abita abakora iterabwoba.

Perezida Tshisekedi aherutse gutangaza ko ataganira na M23

Umutwe  M23  wo ushinja Leta ya Congo n’igisirikare cyayo kutubahiriza ibyemezo by’inama y’Abakuru b’ibihugu yabereye  i Nairobi  bisaba ko impande zihanganye zihagarika imirwano.

Uyu mwuka w’ubwumvikane buke niwo watumye buri ruhande rutangira kwitegura indi ntambara ishobora kuzaba ikomeye kurushaho.

TAGGED:AbarwanyiCongoDRCfeaturedM23Tshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 413 Bamaze Kugwa Mu Ntambara Ya Sudani
Next Article Umuhanda Muhanga – Ngororero Si Nyabagendwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?