Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwiyemeje Gufasha DR Congo Kurwanya M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwiyemeje Gufasha DR Congo Kurwanya M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2023 4:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U  Burusiya bwatangaje ko bwiteguye gukorana na Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu kurwanya M23.

Ni icyemezo cyatangajwe ku mugaragaro nyuma y’ibiganiro byabuhuje na Minisitiri wa DRC ushinzwe ingabo.

Yitwa Jean Pierre Bemba.

Ubwo yahabwaga inshingano zo kuba Minisitiri w’ingabo, Bemba yavuze ko byanze bikunze azasenya imitwe y’inyeshyamba yazengereje u Burasirazuba bw’igihugu cye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hagati aho, Perezida wa DRC aherutse kugirana ibiganiro na mugenzi we uyobora u Burusiya witwa Vladmir Putin.

Taliki 20, Mata, 2023 nibwo ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi kuri iyi ngingo bwatangajwe.

Hari nyuma y’ibiganiro byahuje Ambasaderi w’u Burusiya muri DRC witwa Alexey Sentebov na Minisitiri w’Intebe wungirije ushinzwe n’umutekano, Jean Pierre Bemba.

Alexey yavuze ko igihugu cye gihangayikishijwe n’imitwe y’iterabwoba yo mu Burasirazuba bwa Congo.

Ibi nibyo byatumye u Burusiya bwiyemeza gutanga inkunga mu guhashya iriya mitwe.

- Advertisement -

Ati: “UBurusiya bwiteguye gutanga ubufasha bwabwo mu kurwanya imitwe y’iterabwoba. Dushishikajwe cyane no kurwanya ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba iri mu Burasirazuba bwa Congo kugira ngo ako gace kagire amahoro arambye”.

Avuga ko igihugu cye cyiteguye kugirana ubufatanye na Congo mu bya gisirikare kugira ngo uburasirazuba bwa Congo hagire amahoro arambye.

Avuga ko hakenewe intwaro n’ibindi bikoresho ingabo za DRC zizakenera ngo zikomeze zirwane n’iriya mitwe.

Hari hashize igihe gito hari agahenge hagati y’ingabo za DRC n’abarwanyi ba M23.

N’ubwo ari uko bimeze, ibintu biherutse guhinduka ubwo Perezida Tshisekedi yatangazaga ko adashobora kugirana ibiganiro n’abarwanyi na M23 kuko abita abakora iterabwoba.

Perezida Tshisekedi aherutse gutangaza ko ataganira na M23

Umutwe  M23  wo ushinja Leta ya Congo n’igisirikare cyayo kutubahiriza ibyemezo by’inama y’Abakuru b’ibihugu yabereye  i Nairobi  bisaba ko impande zihanganye zihagarika imirwano.

Uyu mwuka w’ubwumvikane buke niwo watumye buri ruhande rutangira kwitegura indi ntambara ishobora kuzaba ikomeye kurushaho.

TAGGED:AbarwanyiCongoDRCfeaturedM23Tshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 413 Bamaze Kugwa Mu Ntambara Ya Sudani
Next Article Umuhanda Muhanga – Ngororero Si Nyabagendwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?