Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bushinwa Bwahaye u Rwanda Izindi Nkingo 300,000 Za Sinopharm
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

U Bushinwa Bwahaye u Rwanda Izindi Nkingo 300,000 Za Sinopharm

admin
Last updated: 07 November 2021 1:33 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru u Rwanda rwakiriye inkingo 300,000 za COVID-19 zo mu bwoko bwa Sinopharm rwahawe n’u Bushinwa, zigiye kwifashishwa mu kurushaho gukingira abaturarwanda benshi bashoboka.

Inkingo za Sinopharm zikorwa n’ikigo cya Leta y’u Bushinwa gikora inkingo n’imiti, China National Pharmaceutical Group.

Today Rwanda received 300,000 doses of Sinopharm #COVID19 vaccine donated by the People’s Republic of China. #VaccinateRwanda pic.twitter.com/q62PiHkdCq

— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) November 7, 2021

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, cyemeje ko “izi nkingo zigiye guhita zoherezwa mu turere dutandukanye hanze ya Kigali, zigahabwa abantu bari mu byiciro bitahiwe by’abaturage.”

Muri Kanama 2021 nabwo u Bushinwa bwoherereje u Rwanda inkingo zisaga 200,000 za Sinopharm, ziyongera ku zindi za  Pfizer, AstraZeneca na Johnson & Johnson zirimo gukoreshwa mu gukingira COVID-19 mu Rwanda.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) rigaragaza ko mu igerageza ryakorewe ku bantu benshi, urukingo rwa Sinopharm basanze rushobora kurinda umuntu kugaragaza ibimenyetso bya SARS-CoV-2 – virus itera COVID-19 – ku gipimo cya 79%.

Ni ubwirinzi umuntu agira guhera ku munsi wa 14 kuzamura, uhereye igihe yaboneye urukingo rwa kabiri. Hagati y’urukingo rwa mbere n’urwa kabiri hashyirwamo intera y’iminsi 21.

Uru rukingo kandi rurinda umuntu wanduye kuremba ku gipimo cya 79%.

Kugeza ubu abaturarwanda bamaze gukingirwa COVID-19 nibura bahawe urukingo rumwe ni miliyoni 4.3 mu gihe abakingiwe byuzuye ari miliyoni 2.1.

TAGGED:COVID-19featuredInkingoMINISANTESinopharmu Bushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntabwo Twaremwe n’Abaturanyi, Nta Nubwo Baturemeye – Perezida Kagame
Next Article Minisitiri w’Intebe wa Iraq Yarusimbutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?