Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bushinwa Bwahaye u Rwanda Izindi Nkingo 300,000 Za Sinopharm
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

U Bushinwa Bwahaye u Rwanda Izindi Nkingo 300,000 Za Sinopharm

admin
Last updated: 07 November 2021 1:33 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru u Rwanda rwakiriye inkingo 300,000 za COVID-19 zo mu bwoko bwa Sinopharm rwahawe n’u Bushinwa, zigiye kwifashishwa mu kurushaho gukingira abaturarwanda benshi bashoboka.

Inkingo za Sinopharm zikorwa n’ikigo cya Leta y’u Bushinwa gikora inkingo n’imiti, China National Pharmaceutical Group.

Today Rwanda received 300,000 doses of Sinopharm #COVID19 vaccine donated by the People’s Republic of China. #VaccinateRwanda pic.twitter.com/q62PiHkdCq

— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) November 7, 2021

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, cyemeje ko “izi nkingo zigiye guhita zoherezwa mu turere dutandukanye hanze ya Kigali, zigahabwa abantu bari mu byiciro bitahiwe by’abaturage.”

Muri Kanama 2021 nabwo u Bushinwa bwoherereje u Rwanda inkingo zisaga 200,000 za Sinopharm, ziyongera ku zindi za  Pfizer, AstraZeneca na Johnson & Johnson zirimo gukoreshwa mu gukingira COVID-19 mu Rwanda.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) rigaragaza ko mu igerageza ryakorewe ku bantu benshi, urukingo rwa Sinopharm basanze rushobora kurinda umuntu kugaragaza ibimenyetso bya SARS-CoV-2 – virus itera COVID-19 – ku gipimo cya 79%.

Ni ubwirinzi umuntu agira guhera ku munsi wa 14 kuzamura, uhereye igihe yaboneye urukingo rwa kabiri. Hagati y’urukingo rwa mbere n’urwa kabiri hashyirwamo intera y’iminsi 21.

Uru rukingo kandi rurinda umuntu wanduye kuremba ku gipimo cya 79%.

Kugeza ubu abaturarwanda bamaze gukingirwa COVID-19 nibura bahawe urukingo rumwe ni miliyoni 4.3 mu gihe abakingiwe byuzuye ari miliyoni 2.1.

TAGGED:COVID-19featuredInkingoMINISANTESinopharmu Bushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntabwo Twaremwe n’Abaturanyi, Nta Nubwo Baturemeye – Perezida Kagame
Next Article Minisitiri w’Intebe wa Iraq Yarusimbutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?