Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bushinwa Bwiyemeje Gukaza Imyiteguro Y’Intambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bushinwa Bwiyemeje Gukaza Imyiteguro Y’Intambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2022 2:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Bushinwa yavuze ko igihe kigeze ngo ingabo ze zongere imyitozo, ibikoresho bigezweho n’ubuhanga mu kurwana intambara z’ubu ndetse n’izizaza. Xi Jinping avuga ko umutekano w’igihugu cye ugerwa ku mashyi bityo ko kigomba gukaza imyiteguro y’intambara kuko bitinde bitebuke u Bushinwa buzajya mu ntambara ikomeye.

Nyuma yo gutangaza ibi, amahanga yavuze ko iki ari ikimenyetso simusiga cy’uko u Bushinwa buri gutegura intambara kuri Taiwan.

Muri Ukwakira, 2022 Perezida Xi kandi yasabye abasirikare be ndetse n’inganda zikora intwaro kongera umuvuduko mu gukora intwaro zigezweho no gutoza abasirikare ku rwego rwo hejuru.

U Bushinwa buvuga ko bitinde bitebuke buzigarurira Taiwan kandi ngo bwatangiye kubicamo amarenga kuko bwubatse ibirindiro bya gisirikare mu mazi agize inyanja yo mu Majyepfo y’u  Bushinwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abibwira ko u Bushinwa bwazibukiriye umugambi wabwo wo kwigarurira Taiwan baba bibeshya.

Abahanga bavuga ko bitinde bitebuke bizarangira buyigaruriye kuko iyo usomye ukumva imigambi buyifitiye ubona ko bwamaramarije kuzabikora.

Imbwirwaruhame z’abategetsi b’u Bushinwa zigaruka kenshi ku gitekerezo cy’uko kwigarurira Taiwan ari kimwe mu bizerekana ko u Bushinwa bw’ubu bwunze ubumwe kandi buri mu bihe bishya ugeranyije n’uko bwahoze mu myaka 30,40…ishize.

Abayobozi b’u Bushinwa bavuga ko nibigarurira Taiwan bizavana ku gihgu cyabo umugayo watewe n’ibyabaye mu myaka yo mu Kinyejana cya 19 ubwo Taiwan yakoraga ikaba ikirwa kigenga ariko gihagarikiwe n’Amerika.

Mu ntambara y’ibitekerezo n’ibikorwa u Bushinwa buri kurwana bugamije kwereka Amerika ko atari yo igomba kuyobora isi yonyine, harimo n’igitekerezo kimaze igihe gifitwe n’abayobora ishyaka ry’abaturage b’Abashinwa cyo kuzigarurira Taiwan hatitawe ku gihe bizafata n’imbaraga bizasaba.

- Advertisement -

Ikindi ni uko kwigarurira Taiwan bizahanagura ikimwaro u Bushinwa bwatewe no gukolonizwa n’u Buyapani hagati y’umwaka wa 1895 n’umwaka wa 1945.

Abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa kandi baracyafite akangononwa batewe n’uko uwari umuyobozi wa kiriya gihugu witwa Chiang Kai-Shek yatsinzwe mu mwaka wa 1949 agahungira muri Taiwan.

The Economist yandika ko hari indi  ntego ifitwe n’abategetsi b’u Bushinwa y’uko Perezida wabwo w’iki gihe Bwana Xi Jinping ashaka kuzigarurira Taiwan bigatuma aba umuyobozi w’ibihe byose wategetse u Bushinwa bya nyuma y’ingoma y’abami wabugaruriye igice cyahoze ari icyabwo.

Ngo azahita ajya ku mwanya w’ubuhangange nk’uwa Mao Zedong n’abandi bami b’u Bushinwa bakoze ibyabananiye abandi.

U Bushinwa buramutse bwigaruriye Taiwan nk’uko bivugwa ko ari wo mugambi wabwo, byaba ari igisebo kuri Amerika yayibereye umurinzi w’ibihe byose.

Aha umuntu yakwibaza niba ubutegetsi bw’i Washington bwakwemera ikintu nk’icyo.

Mu myaka igera kuri 70 ishize, Amerika yakoze ibishoboka byose ikoma imbere u Bushinwa ngo badatera Taiwan.

Yabikoze binyuze mu kohereza ubwato bw’intambara mu bice byegereye  Taiwan ndetse n’ibikoresho, hanyuma igaca inyuma iganira n’ubutegetsi bw’i Beijing ku ngingo basanzwe baziranyeho ko bombi bazifitemo inyungu.

Nta masezerano yigeze asinywa ku mugaragaro.

Muri uko kuganira, u Bushinwa bwahaga Taiwan intwaro zikomeye mu rwego kuyubakira ubushobozi ngo izitabare niterwa, wenda ubundi bufasha buzaze nyuma.

Iyi myitwarire nubwo hari abo yarakazaga mu Bushinwa, ariko ku rundi ruhande, yarinze ko hari intambara yeruye yakwaduka mu gace ka Aziya gaturanye n’Inyanja ya Pacifique.

Biramutse bibaye u Bushinwa bugatera Taiwan, byatuma bujya mu ntambara n’Amerika kandi ntibyarangirira aho kubera ko n’ibindi bihugu byo muri aka karere nk’u Buyapani, Koreya(zombi) n’ibindi bihugu biri hafi aho, byayijyamo uko byagenda kose.

Iyi yaba ari inkuru mbi ku bihugu by’isi bisigaye kubera ko Amerika n’u Bushinwa ari byo bifite igice kinini cy’ubukungu bw’isi mu ntoki zabyo.

Ahantu bikekwa ko u Bushinwa bwarasa ku ikubitiro ni mu Buyapani kubera ko hasanzwe hari ibirindiro by’ingabo z’Amerika ndetse no muri Philippines.

Abashinwa kandi ngo biteguye gukora ibyo bakora byose ariko bakirinda ko ibyabaye muri Hong Kong mu mwaka wa 2019 byasubira kububaho.

U Bushinwa bushaka ko igihe Taiwan yaba isubiye kuba ubutaka bwabwo, abayituye bagera kuri miliyoni 23 bagomba gushyirirwaho gahunda zituma bayoboka ubutegetsi bw’i Beijing.

Abashinwa baramutse bongeye kwisubiza Taiwan ngo byatuma n’ibindi bihugu byo mu Karere buherereyemo, bubugarukira bukemera ko u Bushinwa bukaze.

Ntabwo Abanyamerika n’abanya Burayi baba bagifite ijambo nk’iryo bahahoranye kuko ‘nari umugabo ntihabwa intebe.’

Mu guhima abandi bakomeye, u Businwa bukora k’uburyo Amerika igaragara nk’aho ari yo nyirabayazana w’ibura ry’ibikoresho by’ibanze bikenerwa mu gukora ibyuma by’ikoranabuhanga, ibyo bita semiconductors.

Taiwan nicyo gihugu cya mbere ku isi gikora byinshi kuko kihariye ibigera kuri 80%.

Iyo irangije kubikora ibyoherereza u Buyapani, u Bushinwa, na Koreya y’epfo.

Kuba iyi nzira ifunze rero, byatumye hari ababona ko nyirabayazana ari Nancy Pelosi wanze kumva umuhanano w’Abashinwa bamubuzaga gusura Taiwan kuko byari bugire ingaruka mbi.

Muri iki gihe hari abavuga ko mu bihugu bituranye n’u Bushinwa na Taiwan hari abaturage benshi batangiye kuvuga ko kuba ibintu bimeze uko bimeze muri iki gihe ari ingaruka z’uko Amerika ifatanyije n’u Buyapani basuzuguye u Bushinwa.

Abahanga bavuga ko kuba ibintu bihagaze gutyo biha amahirwe u Bushinwa y’uko umunsi bwazindutse bugatera Taiwan, ibihugu byo mu Karere buherereyemo bishobora kutahita bitabara Taiwan kubera ko bizaba biyifata nka nyirakazihamagarira.

Kandi erega intambara yo izarota!

Ibiri kubera muri kiriya gice bisa n’uko wahaga umupira w’amaguru.

Iyo umwuka wuzuye ugakomeza kuwuhaga iraturika.

Ingabo z’u Bushinwa umunsi zumvise ko zamaze kuzuza umwuka cyangwa mu yandi magambo’imbaraga’ zikenewe, zizatangiza intambara.

Hari n’abavuga ko ingabo z’ u Bushinwa zahawe amabwiriza y’uko bitarenze umwaka wa 2027 zizagaba igitero kuri Taiwan.

Bivuze ko ari umugambi usanzweho ariko hari ibikinozwa.

Hari n’abifuza ko intambara yatangizwa mbere y’iki gihe ariko nanone basuzuma bagasanga hari ibindi bishobora gukorwa hagati aho.

Mu magambo avunaguye, iby’u Bushinwa na Taiwan ni birebire  kandi bitinde bitebuke u Bushinwa buzarasa Taiwan hanyuma ‘bice aho byagaciye.’

TAGGED:BushinwafeaturedJinpingPerezidaTaiwanXi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Ya Sudani Y’Epfo, Abandi Bapolisi 162 B’u Rwanda Boherejwe Muri Centrafrique
Next Article Ibyo Dukora Byose Tubikora Ku Nyungu Zacu Z’Ejo Hazaza-Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?