Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bwongereza Bwafatiye Abimukira Ikindi Cyemezo Gikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bwongereza Bwafatiye Abimukira Ikindi Cyemezo Gikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2022 11:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko bukomwe mu nkokora n’Icyemezo cy’Urukiko rw’u Burayi kitambitse ibyo kohereza abimukira mu Rwanda, Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ko igiye kujya ishyira ikimenyetso ku bimukira baza muri kiriya gihugu kugira ibona uko ibacungira hafi.

Ni icyemezo kizashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’amezi 12 mu rwego rwo kumenya aho baza baturuka, imihanda bacamo ndetse no gukurikirana uko babayeho mu Bwongereza.

Hari nyandiko zabonywe na The Reuters zivuga ko Guverinoma y’u Bwongereza ishaka kugira amakuru ahagije ku bimukira bahaza muri kiriya gihugu no gukomeza kubacungira hafi.

Ku byerekeye kuzana abimukira mu Rwanda, Guverinoma ya Borris Johnston ivuga ko itigeze izibukira uriya mugambi ndetse ngo hari ibiri kuwutegurwaho.

N’ubwo bivugwa gutya ariko, kuri uyu wa Gatanu amakuru yavuga i London yavugaga ko mu byumba abanyapolitiki baganiriramo havugirwamo ko bafite impungenge z’uko Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu ruzakomeza kwitambika ibyemezo by’u Bwongereza igihe cyose buzaba bukiri umunyamuryango warwo.

Niyo mpamvu mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ndetse no mu Nteko ishinga amategeko y’iki gihugu hari gusuzumwa niba nta buryo u Bwongereza bwazava muri ruriya rukiko cyangwa niba nta kuntu bwazajya bukora ibyo bwiyemeje bititaye ku byemezo by’abacamanza b’i Strasbourg mu Bufaransa aho ruriya rukiko rukorera.

Priti Patel yabwiye The Daily Telegraph ati: “ Tuzashaka uburyo twakwigobotora ibya kiriya cyemezo.”

 

U Bwongereza Burashaka Kuva Mu Rukiko Rw’u Burayi Rw’Uburenganzira Bwa Muntu

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedPatelRwandaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntabwo u Rwanda Rushaka Kurwana Na DRC- Minisitiri Biruta
Next Article Hibutswe Abatutsi Bajugunywe Mu Kiyaga Cya Muhazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Umunya Iraq Wahoze Ari Impunzi Yatorewe Kuyobora UNHCR

Rusizi: Hafatiwe Uvugwaho Gusiga Yishe Sewabo Wagaba i Rulindo

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Tshisekedi Arashaka Ubufasha Bwa Gisirikare Bwa Angola

You Might Also Like

Mu mahanga

Amerika Yagabye Igitero Muri Syria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibishanga Bya Kigali Biri Gutunganywa Bizatahwa Muri Kamena 2026-REMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?