Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bwongereza Bwakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Bwongereza Bwakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa

Last updated: 20 January 2022 2:19 pm
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yavanyeho amabwiriza asaba abantu gukorera mu rugo hagamijwe gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, ndetse guhera ku wa 27 Mutarama n’itegeko ryo kwambara agapfukamunwa rizavaho.

Ni icyemezo cyafashwe bijyanye n’uburyo iki gihugu kimaze gukingira abaturage benshi, ndetse nibura hejuru ya 90% by’abaturage barengeje imyaka 60 bamaze guhabwa urukingo rushimangra.

Ubuyobozi kandi buvuga ko izamuka ry’ubwandu bwatewe na virus yihinduranyije ya Omicron ryahagaze mu gihugu hose.

Byatumye hakurwaho amabwiriza akaze yiswe ‘Plan B’, yatangiye kubahirizwa ubwo ubwandu bwari bufashe indi mu gihuru.

Minisitiri w’Intebe Johnson yavugiye imbere y’Inteko Ishinga amategeko ko gushishikariza abantu gukorera mu rugo byahise bivaho, ahubwo abakozi n’abakoresha bagiye kuganira ku bijyanye no gusubira aho bakorera.

Guhera ku wa Kane w’icyumweru gitaha kandi, guhatira abantu kwambara agapfukamunwa bizavaho, ahubwo basigare bagirwa inama zo kukambara igihe bari ahantu hafunganye cyangwa igihe bahura n’abanyamahanga.

Mu byavanyweho kandi harimo kumwe umuntu yajyaga ahantu hahurira abantu benshi akerekana ko yikingije cyangwa ko akirutse COVID-19 (Covid passports), nko mu tubyiniro, muri stade n’ibindi bikorwa.

Gusa ibigo n’inzego byahariwe ububasha bwo guhitamo niba bigumana ubwo buryo.

Muri ayo mabwiriza, kuri uyu wa Kane abanyeshuri bahise bakurirwaho kwambara udupfukamunwa mu mashuri, ndetse vuba aha no kutwambara mu ngendo bizavaho.

Minisitiri w’Intebe Johnson, yavuze ko hari n’ubushake bwo gukuraho itegeko rigena ko umuntu wasanzwemo Coronavirus yishyira mu kato.

Amabwiriza agenga iki gikorwa azarangirana na tariki 24 Werurwe, ndetse Johnson yavuze ko adateganya kuyongerera igihe.

Ahubwo ngo azasimburwa n’uko bikorwa ku bushake, ndetse ngo itariki yabyo ishobora kwigizwa imbere.

Mu kuvanaho amategeko ahatira abantu kwambara agapfukamunwa, Johnson yavuze ko igihe kigeze ngo “hubahwe amahitamo” y’abaturage mu gihe bagiye ahantu hafunganye cyangwa hari abantu benshi.

Johnson yumvikanishaga ko igihugu kirimo kugana aho kizaba gifata iki cyorezo nk’ibicurane.

Ati “Hari igihe kizagera tugakuraho amabwiriza asaba umuntu kwishyira mu kato, nk’uko tudashyiraho inshingano zo kwishyira mu kato ku muntu wanduye ibicurane.”

“Uko covid igenda iba indwara ihoraho, tuzagera aho kujya mu kato nk’itegeko bihinduke kubijyamo inama, abantu bafite virus basabwe kwitwararika no guha agaciro abandi.”

Minisitiri w’Ubuzima w’u Bwongereza, Sajid Javid, na we yavuze ko ari ngombwa ko harebwa uburyo n’akato gakorwa bihinduka, nubwo nta cyemezo iyi ngingo iratangazwaho n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO.

Gusa yavuze ko abantu badakwiye kubifata nk’iherezo ry’icyorezo, kubera ko virus zihinduranyije zishobora kudobya ibintu.

Ati “Ariko tugomba kwiga uko twabana na Covid mu buryo bumwe n’ibicurane.”

Yashishikarije abaturage gukomera ku myitwarire ituma virus idakomeza gukwirakwira nko gukaraba intoki, gufungura inzugi n’amadirishya by’aho bateraniye no kwishyira mu kato igihe umuntu yanduye, kandi abantu bakihutira kwikingiza.

Imibare y’ubwandu irimo kumanuka cyane mu Bwongereza, aho iheruka kuza hejuru cyane yabaye abantu 218,724 basanzwemo uburwayi ku wa 4 Mutarama 2022.

Abantu 18,979 nibo byabarwaga ko bari mu bitaro kubera covid-19 ku wa 18 Mutarama.

Izi ngamba nshya bamwe mu bayobozi bavuga ko zihitiweho, urebye uburyo ku wa Kabiri mu Bwongereza COVID-19 yahitanye abantu 438.

Ni ibyemezo kandi ngo bishobora gushyira igitutu gikomeye ku nzego z’ubuzima, bigatuma icyorezo gihitana abantu benshi kurushaho.

TAGGED:Boris JohnsonCOVID-19featuredu Bwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abazahabwa Indishyi Mu Rubanza Rwa Rusesabagina Bashobora Kwiyongera
Next Article Urukiko Rugiye Gufata Icyemezo Cya Nyuma Kuri Dosiye y’Indege Ya Habyarimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?