Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bwongereza Bwakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Bwongereza Bwakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa

admin
Last updated: 20 January 2022 2:19 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yavanyeho amabwiriza asaba abantu gukorera mu rugo hagamijwe gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, ndetse guhera ku wa 27 Mutarama n’itegeko ryo kwambara agapfukamunwa rizavaho.

Ni icyemezo cyafashwe bijyanye n’uburyo iki gihugu kimaze gukingira abaturage benshi, ndetse nibura hejuru ya 90% by’abaturage barengeje imyaka 60 bamaze guhabwa urukingo rushimangra.

Ubuyobozi kandi buvuga ko izamuka ry’ubwandu bwatewe na virus yihinduranyije ya Omicron ryahagaze mu gihugu hose.

Byatumye hakurwaho amabwiriza akaze yiswe ‘Plan B’, yatangiye kubahirizwa ubwo ubwandu bwari bufashe indi mu gihuru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri w’Intebe Johnson yavugiye imbere y’Inteko Ishinga amategeko ko gushishikariza abantu gukorera mu rugo byahise bivaho, ahubwo abakozi n’abakoresha bagiye kuganira ku bijyanye no gusubira aho bakorera.

Guhera ku wa Kane w’icyumweru gitaha kandi, guhatira abantu kwambara agapfukamunwa bizavaho, ahubwo basigare bagirwa inama zo kukambara igihe bari ahantu hafunganye cyangwa igihe bahura n’abanyamahanga.

Mu byavanyweho kandi harimo kumwe umuntu yajyaga ahantu hahurira abantu benshi akerekana ko yikingije cyangwa ko akirutse COVID-19 (Covid passports), nko mu tubyiniro, muri stade n’ibindi bikorwa.

Gusa ibigo n’inzego byahariwe ububasha bwo guhitamo niba bigumana ubwo buryo.

Muri ayo mabwiriza, kuri uyu wa Kane abanyeshuri bahise bakurirwaho kwambara udupfukamunwa mu mashuri, ndetse vuba aha no kutwambara mu ngendo bizavaho.

- Advertisement -

Minisitiri w’Intebe Johnson, yavuze ko hari n’ubushake bwo gukuraho itegeko rigena ko umuntu wasanzwemo Coronavirus yishyira mu kato.

Amabwiriza agenga iki gikorwa azarangirana na tariki 24 Werurwe, ndetse Johnson yavuze ko adateganya kuyongerera igihe.

Ahubwo ngo azasimburwa n’uko bikorwa ku bushake, ndetse ngo itariki yabyo ishobora kwigizwa imbere.

Mu kuvanaho amategeko ahatira abantu kwambara agapfukamunwa, Johnson yavuze ko igihe kigeze ngo “hubahwe amahitamo” y’abaturage mu gihe bagiye ahantu hafunganye cyangwa hari abantu benshi.

Johnson yumvikanishaga ko igihugu kirimo kugana aho kizaba gifata iki cyorezo nk’ibicurane.

Ati “Hari igihe kizagera tugakuraho amabwiriza asaba umuntu kwishyira mu kato, nk’uko tudashyiraho inshingano zo kwishyira mu kato ku muntu wanduye ibicurane.”

“Uko covid igenda iba indwara ihoraho, tuzagera aho kujya mu kato nk’itegeko bihinduke kubijyamo inama, abantu bafite virus basabwe kwitwararika no guha agaciro abandi.”

Minisitiri w’Ubuzima w’u Bwongereza, Sajid Javid, na we yavuze ko ari ngombwa ko harebwa uburyo n’akato gakorwa bihinduka, nubwo nta cyemezo iyi ngingo iratangazwaho n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO.

Gusa yavuze ko abantu badakwiye kubifata nk’iherezo ry’icyorezo, kubera ko virus zihinduranyije zishobora kudobya ibintu.

Ati “Ariko tugomba kwiga uko twabana na Covid mu buryo bumwe n’ibicurane.”

Yashishikarije abaturage gukomera ku myitwarire ituma virus idakomeza gukwirakwira nko gukaraba intoki, gufungura inzugi n’amadirishya by’aho bateraniye no kwishyira mu kato igihe umuntu yanduye, kandi abantu bakihutira kwikingiza.

Imibare y’ubwandu irimo kumanuka cyane mu Bwongereza, aho iheruka kuza hejuru cyane yabaye abantu 218,724 basanzwemo uburwayi ku wa 4 Mutarama 2022.

Abantu 18,979 nibo byabarwaga ko bari mu bitaro kubera covid-19 ku wa 18 Mutarama.

Izi ngamba nshya bamwe mu bayobozi bavuga ko zihitiweho, urebye uburyo ku wa Kabiri mu Bwongereza COVID-19 yahitanye abantu 438.

Ni ibyemezo kandi ngo bishobora gushyira igitutu gikomeye ku nzego z’ubuzima, bigatuma icyorezo gihitana abantu benshi kurushaho.

TAGGED:Boris JohnsonCOVID-19featuredu Bwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abazahabwa Indishyi Mu Rubanza Rwa Rusesabagina Bashobora Kwiyongera
Next Article Urukiko Rugiye Gufata Icyemezo Cya Nyuma Kuri Dosiye y’Indege Ya Habyarimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?