Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bwongereza Bwakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Bwongereza Bwakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa

admin
Last updated: 20 January 2022 2:19 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yavanyeho amabwiriza asaba abantu gukorera mu rugo hagamijwe gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, ndetse guhera ku wa 27 Mutarama n’itegeko ryo kwambara agapfukamunwa rizavaho.

Ni icyemezo cyafashwe bijyanye n’uburyo iki gihugu kimaze gukingira abaturage benshi, ndetse nibura hejuru ya 90% by’abaturage barengeje imyaka 60 bamaze guhabwa urukingo rushimangra.

Ubuyobozi kandi buvuga ko izamuka ry’ubwandu bwatewe na virus yihinduranyije ya Omicron ryahagaze mu gihugu hose.

Byatumye hakurwaho amabwiriza akaze yiswe ‘Plan B’, yatangiye kubahirizwa ubwo ubwandu bwari bufashe indi mu gihuru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri w’Intebe Johnson yavugiye imbere y’Inteko Ishinga amategeko ko gushishikariza abantu gukorera mu rugo byahise bivaho, ahubwo abakozi n’abakoresha bagiye kuganira ku bijyanye no gusubira aho bakorera.

Guhera ku wa Kane w’icyumweru gitaha kandi, guhatira abantu kwambara agapfukamunwa bizavaho, ahubwo basigare bagirwa inama zo kukambara igihe bari ahantu hafunganye cyangwa igihe bahura n’abanyamahanga.

Mu byavanyweho kandi harimo kumwe umuntu yajyaga ahantu hahurira abantu benshi akerekana ko yikingije cyangwa ko akirutse COVID-19 (Covid passports), nko mu tubyiniro, muri stade n’ibindi bikorwa.

Gusa ibigo n’inzego byahariwe ububasha bwo guhitamo niba bigumana ubwo buryo.

Muri ayo mabwiriza, kuri uyu wa Kane abanyeshuri bahise bakurirwaho kwambara udupfukamunwa mu mashuri, ndetse vuba aha no kutwambara mu ngendo bizavaho.

- Advertisement -

Minisitiri w’Intebe Johnson, yavuze ko hari n’ubushake bwo gukuraho itegeko rigena ko umuntu wasanzwemo Coronavirus yishyira mu kato.

Amabwiriza agenga iki gikorwa azarangirana na tariki 24 Werurwe, ndetse Johnson yavuze ko adateganya kuyongerera igihe.

Ahubwo ngo azasimburwa n’uko bikorwa ku bushake, ndetse ngo itariki yabyo ishobora kwigizwa imbere.

Mu kuvanaho amategeko ahatira abantu kwambara agapfukamunwa, Johnson yavuze ko igihe kigeze ngo “hubahwe amahitamo” y’abaturage mu gihe bagiye ahantu hafunganye cyangwa hari abantu benshi.

Johnson yumvikanishaga ko igihugu kirimo kugana aho kizaba gifata iki cyorezo nk’ibicurane.

Ati “Hari igihe kizagera tugakuraho amabwiriza asaba umuntu kwishyira mu kato, nk’uko tudashyiraho inshingano zo kwishyira mu kato ku muntu wanduye ibicurane.”

“Uko covid igenda iba indwara ihoraho, tuzagera aho kujya mu kato nk’itegeko bihinduke kubijyamo inama, abantu bafite virus basabwe kwitwararika no guha agaciro abandi.”

Minisitiri w’Ubuzima w’u Bwongereza, Sajid Javid, na we yavuze ko ari ngombwa ko harebwa uburyo n’akato gakorwa bihinduka, nubwo nta cyemezo iyi ngingo iratangazwaho n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO.

Gusa yavuze ko abantu badakwiye kubifata nk’iherezo ry’icyorezo, kubera ko virus zihinduranyije zishobora kudobya ibintu.

Ati “Ariko tugomba kwiga uko twabana na Covid mu buryo bumwe n’ibicurane.”

Yashishikarije abaturage gukomera ku myitwarire ituma virus idakomeza gukwirakwira nko gukaraba intoki, gufungura inzugi n’amadirishya by’aho bateraniye no kwishyira mu kato igihe umuntu yanduye, kandi abantu bakihutira kwikingiza.

Imibare y’ubwandu irimo kumanuka cyane mu Bwongereza, aho iheruka kuza hejuru cyane yabaye abantu 218,724 basanzwemo uburwayi ku wa 4 Mutarama 2022.

Abantu 18,979 nibo byabarwaga ko bari mu bitaro kubera covid-19 ku wa 18 Mutarama.

Izi ngamba nshya bamwe mu bayobozi bavuga ko zihitiweho, urebye uburyo ku wa Kabiri mu Bwongereza COVID-19 yahitanye abantu 438.

Ni ibyemezo kandi ngo bishobora gushyira igitutu gikomeye ku nzego z’ubuzima, bigatuma icyorezo gihitana abantu benshi kurushaho.

TAGGED:Boris JohnsonCOVID-19featuredu Bwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abazahabwa Indishyi Mu Rubanza Rwa Rusesabagina Bashobora Kwiyongera
Next Article Urukiko Rugiye Gufata Icyemezo Cya Nyuma Kuri Dosiye y’Indege Ya Habyarimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?