Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Mu Mushinga Wo Kugira Abakora Porogaramu Za Mudasabwa Bagera Kuri Miliyoni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Mu Mushinga Wo Kugira Abakora Porogaramu Za Mudasabwa Bagera Kuri Miliyoni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2025 11:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangije umushinga yise One Million Coders Initiative ugamije ko igihugu kizaba gifite abantu miliyoni imwe bakora porogaramu za mudasobwa bita Coders.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Iradukunda Yvès avuga ko ari gahunda u Rwanda ruzashyira mu bikorwa binyuze mu kiswe Rwanda’s Apple Authorized Training Centers for Education (AATCE).

Izabanza gukorerwa muri Kaminuza Nyafurika y’Abadivantisiti b’Umunsi wa karindwi, AUCA, Kaminuza nyafurika yigisha imibare na siyansi(AIMS) na Kaminuza ya Kepler.

Iradukunda avuga ko abiga muri biriya bigo, ku ikubitiro, bazigishwa iby’ibanze birebana no gukora porogaramu za mudasobwa zikorwa mu byo bita iOS ariko bakazagura ubumenyi uko iminsi izatambuka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iyo gahunda kandi izakomereza n’ahatari muri za Kaminuza, abakiri bato bakazahugurwa uko ikoranabuhanga rihangwa n’uburyo rigirira benshi akamaro.

Ati: “ Ibi bizabafasha kugira uburyo bwo kubona imirimo mu bigo byinshi, bashobore kwerekana ibyo bashoboye haba mu gihugu, mu Karere n’ahandi ku isi”.

Umwarimu w’ikoranabuhanga witwa Prince Mukotsi Ishimwe avuga ko ku ikubitiro abanyeshuri bazigishwa iby’ikoranabuhanga ryitwa SWIFT, syntax n’ibyo bita Data Structure.

Bizakurikirwa no kwiga uko bakora porogaramu ya mudasobwa, ibyo bit application development, izi zikaba gahunda zikoresha mudasobwa byinyuze mu byo bita iOS n’izindi gahunda zikoresha televiziyo n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga.

Umunyeshuri witwa Precious Chukwuezi avuga ko ubumenyi bahabwa ari ingenzi mu kubaka gahunda za mudasobwa, hagamijwe kuboneka kw’ibisubizo ku bibazo igihugu gifite mu iterambere ryacyo.

- Advertisement -

Abihuriyeho na Noella Mutimukunda, Umunyarwandakazi wiga muri Kaminuza ya Kepler.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Yvès Iradukunda avuga ko umugambi w’u Rwanda ari uwo gutoza urubyiruko ikoranabuhanga ryo ku rwego rwo hejuru.

Ni ikoranabuhanga yizeye ko rizaruha uburyo bwo guhangana ku isoko ry’akazi haba mu Rwanda, mu Karere n’ahandi ku isi.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaIradukundaKaminuzaMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mezi Arindwi Ejo Heza Yinjije Miliyari Frw 7.5
Next Article U Rwanda Ntirwumvikana N’Ubwongereza Ku Kibazo Cya Congo No Kuba Bucumbikiye Abaruhekuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?