Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Mu Myiteguro Yo Gukingira COVID-19 Abafite Hagati y’Imyaka 5-11
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Rwanda Mu Myiteguro Yo Gukingira COVID-19 Abafite Hagati y’Imyaka 5-11

admin
Last updated: 20 December 2021 6:04 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko u Rwanda rwifuza gukingira abantu benshi bashoboka, ku buryo inkingo zigenewe abana bafite hagati y’imyaka 5-11 nizijya ku isoko nazo zizahita zitangira gutangwa.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere ubwo yagarukaga ku myanzuro ya guverinoma igamije guhangana n’ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, iteganya ko kujya ahantu henshi mu Mujyi wa Kigali bisaba kuba warakingiwe.

Yavugiye kuri Televiziyo y’igihugu ko hafi abantu bose muri Kigali bakingiwe, ari nacyo cyatumye ibyemezo byo gukumira ubwandu bushya nubwo byakajijwe, “byari no kuba bikaze kurushaho” iyo nkingo zatanzwe ziba ari nke.

Minisitiri Ngamije yavuze ko kugeza ubu inkingo zihari zihagije ku buryo abantu bakwiye kwikingiza, cyane zanagejejwe “mu byaro iyo kure hose.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “N’ahandi tutaragera ku mibare myiza nk’iya Kigali kandi inkingo bazifite, hoye kugira uwivutsa ayo mahirwe yo kugira ngo akingirwe, twese igihugu tugere kuri 70% tunarenze.”

“Nta n’impamvu yo kutarenza kuko uko inkingo zizaboneka n’iyo mibare tuzayizamura kugeza igihe n‘abana bafite hagati y’imyaka 5 kugeza kuri 11, ubu dutegereje ko inkingo z’abana zikozwe ku buryo nyine ruba ari urukingo rw’umwana, ruzapfa kugera ku isoko, leta izarushaka.”

Mu ntangiro z’Ugushyingo nibwo Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, US FDA, cyemeje bidasubirwaho ko urukingo rwa Pfizer-BioNTech rushobora guhabwa abana bafite hagati y’imyaka 5 kugeza kuri 11.

Nabo bahabwa inkingo ebyiri hagati yazo hakajyamo iminsi nibura 21, ariko buri rukingo rukagira Microgram (µg) 10. Ni mu gihe abana bafite imyaka 12 kuzamura bo mu rukingo bahabwa habamo 30 µg.

Kugeza ubu abaturarwanda bakingiwe byuzuye ni 36% ndetse uyu mwaka uzarangira nibura hamaze gukingirwa 40%. Hari icyizere ko umwaka utaha uzarangira hamaze gukingirwa 70%.

- Advertisement -

Abahawe urukingo rwa mbere ni miliyoni 7.2, abakingiwe byuzuye ni miliyoni 4.8 mu gihe abahawe urukingo rushimangira basaga ibihumbi 47.

 

TAGGED:COVID-19Daniel NgamijefeaturedInkingoPfizer
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 11 Mu Bafatanywe Ibyo Guturitsa Kigali City Tower Bagiye Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo
Next Article Mu Rwanda Hagiye Kubakwa Ibigo 30 By’Icyitegererezo Mu Myuga n’Ubumenyingiro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?