Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Mu Nama Afurika Yifuzamo Ko Imikoranire Na Banki Y’Isi Inozwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Mu Nama Afurika Yifuzamo Ko Imikoranire Na Banki Y’Isi Inozwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2024 2:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mataliki ya nyuma ya Mata, 2024 ni ukuvuga taliki 28 na 29, i Nairobi muri Kenya hazabera inama izahuza abayobozi ba Banki y’Isi n’ab’ibihugu by’Afurika bihabwa inguzanyo n’iyi Banki.

Amakuru avuga ko u Rwanda ruzitabira iyi nama.

Hagati aho kandi andi makuru avuga ko ibihugu by’Afurika muri rusange bishaka ko ubuyobozi bwa Banki y’isi bwemera ko ibihugu by’Afurika bifite uburenganzira bwo kwerekana aho byifuza ko amafaranga bigurizwa ashorwa.

Ni ikifuzo kandi kimaze iminsi kigarukwaho n’abayobozi batandukanye b’Afurika bavuga ko aho ibintu bigeze muri rusange ku isi hose ari ngombwa ko ibihugu by’Afurika ari byo byihitiramo abafatanyabikorwa babyo n’ibyo byumva ko bikwiye gushorwamo amafaranga bigurizwa cyangwa bihabwamo inkunga.

Iyi myumvire abahanga mu bukungu bw’Afurika bavuga ko ari yo yatuma ishoramari rikorerwa muri Afurika ritanga umusaruro.

Inama izabera muri Kenya izitabirwa n’Abakuru b’ibihugu ndetse n’ubuyobozi bwa Banki y’Isi.

Muri rusange izaganirirwamo uko imishinga y’amajyambere y’ibihugu bya Afurika yatezwa imbere binyuze mu guhabwa inguzanyo izatangwa n’ikigega kitwa International Development Agency, IDA.

Imishinga Banki y’isi isanzwe ishyiramo amafaranga ni irebana no kubakira abagore n’urubyiruko ubushobozi, kugabanya ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ikirere, ikoranabuhanga, imikorere inoze y’inzego.

Zimwe mu mpinduka ziri kuboneka mu isi ku rwego rw’ubukungu ni izamuka ry’ubukungu bukomeye bw’Ubushinwa.

Ubushinwa bwatangije Banki ikomeye ihuriwemo n’ibihugu biherutse kwihuza nabwo bikora icyo bise BRICS.

Ni Banki ifite ikicaro muri Brazil, ikaba yitwa New Development Bank.

Ibi hamwe n’ibindi biri mu biri gutuma ibihugu by’Afurika byifuza ko habaho ivugurura mu mikoranire yari isanzwe hagati ya Banki y’isi n’ibihugu iguriza, naho bitabaye ibyo ibyo bihugu bishobora gushaka abandi byakorana nabo.

Isi y’uyu iri guhinduka muri byose kandi vuba.

 

TAGGED:AfurikaBankifeaturedIkigegaInkunga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngororero: Mwarimu Akurikiranyweho Kwica Uwamusabaga Indezo
Next Article Indabo Z’u Rwanda Zizagurishwa Mu Bwongereza Nta Kiguzi Ziciwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?