Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Mu Nyigo Yo Kubaka Uruganda Rubyaza Imirasire Amashanyarazi Menshi 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Mu Nyigo Yo Kubaka Uruganda Rubyaza Imirasire Amashanyarazi Menshi 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 June 2025 8:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Abimana Fidèle yabwiye Komisiyo ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) mu Nteko Ishinga Amategeko ko u Rwanda rufite gahunda yo kubyaza imirasire y’izuba amashanyarazi angana na megawatt 200.

Abimana avuga ko hari gukorwa ibiganiro by’ibanze bizavamo inyigo y’uko ayo mashanyarazi azatunganywa akanakoreahwa.

Ati “Ni inyigo kandi bisaba ko ubona aho ushyira za ‘panneaux solaires’, ukareba uko zizahuzwa n’amashanyarazi asanzwe. Iyo nyigo ni yo izatwereka niba bizakunda tukabona megawatt 200″.

Yasobanuye ko n’ubwo iyo nyigo iri gukorwa, bigaragara ko izo megawatt 200 zishobora kuboneka, ariko ikaba ari yo igomba kubanza kubyemeza.

Uyu muyobozi yirinze kuvuga ko ibyuma bitunganya amashanyarazi biyavanye mu mirasire bizashyirwa mu Burasirazuba icyakora bisanzwe bizwi ko aka gace ari ko hagira imirambi ishyuha kurusha ahandi.

Abimana Fidele ati: “Icyo twavuganye n’abakora inyigo ni uko bagomba kuturebera ha hantu hari ubutaka tudakoresha. Twumva ari bwo butaka twaheraho. Tuzi ko hano mu Rwanda hari ubutaka butera, hari imanga ziri aho, uwabona nk’aho byafasha kugira ngo tutabangamira ibindi bikorwa by’ubuhinzi, aho abantu baturiye n’ibindi nk’ibyo.”

Yavuze ko hari n’uburyo ibikoresho bihindura imirasire y’izuba byashyirwa no kuri Nyabarongo kuko hari ikoranabuhanga rishyira hejuru y’amazi panneaux solaires ariko ibyo byose ngo biri nyigo.

Yasobanuye ko ingano y’amashanyarazi igihugu gikeneye yiyongera cyane cyane kubera inganda bityo igihugu kikaba kigomba gushaka ahandi have amashanyarazi.

Ati “Amashanyarazi uko uyakenera bigenda bihinduka umwaka ku wundi, twumva rero izo megawatt 200 tuzibonye twaba dushobora kuba twihagije tukagira n’ayo dusagurira n’abandi.”

U Rwanda rusanzwe rufite imishinga y’amashanyarazi migari irimo Nyabarongo II, Rusizi III, yose yitezweho gutanga amashanyarazi menshi ku gihugu.

Biteganyijwe ko inyigo y’ibanze ku mushinga w’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba izarangirana na 2025.

Politike y’urwego rw’ingufu yatangajwe na Minisiteri y’Ibikorwaremezo muri Gashyantare 2025 igaragaza ko inganda zitunganya amashyanyarazi mu Rwanda zigeze ku bushobozi bwa megawatt 406,4.

Mu mashanyarazi ari mu muyoboro mugari harimo 49,6% aturuka ku ngufu zisazura, mu gihe akomoka ku mirasire y’izuba ari ku muyoboro mugari ari 1,3%.

Ibyavuye mu bushakashatsi ku mibereho rusange y’ingo, EICV7, bigaragaza ko ingo zifite amashanyarazi ari 72%, muri zo 22% zigacana akomoka ku mirasire y’izuba.

TAGGED:AbimanaAmashanyarazifeaturedImirasireIngandaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gutunganya Ibishanga Muri Kigali Bigeze He?
Next Article Ese Ayatollah Yarapfuye?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?