Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2026 12:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi b’ibigo by’u Rwanda na Brésil  bishinzwe iterambere basinye amasezerano y’ubufatanye mu by’ubukungu.

Byabereye mu Mujyi wa Kigali mu nama bise Rwanda-Brazil Economic Cooperation Forum.

Niyo abaye aya mbere asinywe kuva Brazil yafungura Ambasade yayo mu Rwanda, ubu hashize amezi icyenda.

Ambasaderi wayo witwa Vida Gala yavuze ko bahisemo gukorana n’u Rwanda kuko rwagaragaje ubushake bwo kuzamura ubukungu no gukorana n’amahanga mu bwubahane.

Avuga ko gukorana narwo bizafasha Brésil kwagikira mu Karere u Rwanda ruherereyemo n’ahandi muri Afurika.

Ati: “Ibi bifite impamvu: Guverinoma ya Brésil yararebye iravuga iti “aha ni ho tugomba kuba.” Kandi nizera ko namwe mwese muri hano muzitabira iki gikorwa muzabyibonera.”

Ashima ko RDB yagize kandi igifite uruhare mu mikoranire na Brazil mu guteza imbere ubufatanye mu by’ubukungu.

Vida Gala avuga ko iyo urebye aho u Rwanda rugeze mu myaka 31 ishize usanga rwaba umufatanyabikorwa uhamye.

Yatangaje ko hari abashoramari benshi baturutse mu gihugu cye ngo barebe aho bashora mu Rwanda.

Jean-Guy Afrika uyobora RDB yabwiye abashoramari bo muri Brézil ko nibashora mu Rwanda ntacyo bazicuza.

Avuga ko igihugu cye gifite amategeko yanditse neza afasha kwihutisha ishoramari, rigashorwa mu gihugu kizira ruswa.

Yabwiye abagize ikigo cya Brésil cy’iterambere kitwa APEX Brazil ko Brésil n’u Rwanda ari ibihugu bifite ubukungu butera imbere cyane kandi bwakuzuzanya.

Brésil ifite imbaraga mu bucuruzi, inganda, ingufu zisubira n’inganda nini, mu gihe u Rwanda ari isoko ritekanye kandi ryorohereza ishoramari mu isoko rya Afurika y’Uburasirazuba n’iyo Hagati.

Ati: “Iyi nama yateguwe kugira ngo ibe uburyo buhuza abacuruzi, bamenye imishinga ihari kandi bashyireho inzira z’ishoramari zitanga umusaruro ku bukungu bwacu bwombi.”

Asanga amasezerano yasinywe azashyiraho urwego rufatika rw’ubufatanye mu guteza imbere ishoramari, korohereza abashoramari mu gutegura ingendo z’ubucuruzi no gufatanya mu nzego z’ingenzi.

Azafasha guteza imbere imishinga ihuriweho, guhererekanya ikoranabuhanga no gukorana mu guteza imbere umubano w’u Rwanda na Brésil.

Ahandi avuga ko u Rwanda ruzungukira muri ubwo bufatanye ni mu buhinzi, gutunganya ibiribwa, ubuvuzi n’inganda.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Brésil ni Lawrence Manzi.

TAGGED:BrésilfeaturedIkigoIshoramariRDBRwandaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo
Next Article Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?