Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Congo Brazzaville Mu Bufatanye Mu Iterambere Ry’Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Congo Brazzaville Mu Bufatanye Mu Iterambere Ry’Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2023 7:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Congo Brazzaville Dennis Sassou Nguesso bahaye abanyamakuru, bombi bemeje ko ibihugu byombi bifite intego y’ubufatanye mu iterambere ry’Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’ibindi bihugu by’Afurika mu kugera ku iterambere bishaka.

Avuga ko umubano warwo na Congo Brazzaville ari kimwe mu byerekana ko ibi bishoboka.

Yagize ati: “ Turifuza gukomeza imikoranire hagati y’ibihugu byombi. Turashaka ko abaturage b’ibihugu bikorana kandi bagakorana n’abo mu bindi bihugu by’Afurika. Muri iki gihe kandi turi gukorana kugira ngo amasezerano ashyiraho isoko rihuza Afurika agerweho mu buryo bwuzuye. Turashaka ko u Rwanda na Congo Brazzaville bifata iya mbere mu guhuza ibihugu by’Afurika n’iterambere ryayo.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Nguesso avuga ko ibikubiye mu masezerano hagati y’u Rwanda n’igihugu cye ari ibintu bizagerwaho kandi ngo abifitiye icyizere.

Avuga ko u Rwanda rwamaze kuba igihugu gifite ijambo mu mahanga kandi buri wese ngo arabibona.

Kuri uyu munsi we wa kabiri mu ruzinduko afite mu Rwanda yasuye Kaminuza yigisha ubuhinzi burengera ibidukikije iri mu Bugesera mu Murenge wa Gashora.

Bamweretse ko intego y’iyi Kaminuza ari uguha abaturage ba Afurika muri rusange n’ab’u Rwanda muri rusange ubumenyi bushingiye kuri tekiniki zigezweho z’ubuhinzi kugira ngo bavugurure ubuhinzi bwa kera.

Perezida Nguesso yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu taliki 21, Nyakanga, 2023 mu ruzinduko rw’iminsi itatu.

- Advertisement -

Akigera mu Rwanda yabanje gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi.

Nyuma yagiranye ikiganiro na mugenzi Paul Kagame kibera mu muhezo ariko nyuma aza kwakirwa ku mafunguro yateguwe n’Umukuru w’u Rwanda ndetse anamwambika umudali w’indashyikirwa nk’umuntu uharanira ko Afurika itera imbere kandi yunze ubumwe.

Hari n’ikiganiro yahaye abagize Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

TAGGED:AfurikafeaturedKagamePerezidaRwandaUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Airtel Yabaye Iya Mbere Mu Kuzana 4G Yayo Bwite
Next Article Umutoza W’Amavubi Yasabye Gusesa Amasezerano Bafitanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?