Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda N’u Bushinwa Mu Mubano Umaze Igice Cy’Ikinyejana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda N’u Bushinwa Mu Mubano Umaze Igice Cy’Ikinyejana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2021 3:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere tariki 08, Ugushingo, 2021 u Rwanda n’u Bushinwa byizihije ku mugaragaro isabukuru y’imyaka 50 ishize ibihugu byombi bifitanye umubano.

Ni umubano ushingiye ku nkingi zirimo uburezi, ubuzima, ubuhinzi, ikoranabuhanga, ibikorwaremezo ndetse no muri Politiki.

Ni kenshi abayobozi mu ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa bitabiriye Inteko yagutse y’Umuryango FPR Inkotanyi ndetse n’ab’uyu Muryango nabo bagatumirwa mu Nteko ihuza Ishyaka riri ku Butegetsi mu Bushinwa.

Abayobozi b’ibihugu byombi kandi baragendereranye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu kiganiro cyihariye Ambasaderi w’u Bushinwa yahaye Taarifa mu minsi yashize yavuze ko ibihugu byombi bifitanye umubano mwiza kandi uzaramba.

Ngo ni umubano ushingiye ku ngingo y’ubwubahane kandi buri ruhande rugaha urundi icyo rukirushije.

Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Bwana Rao Hongwei aherutse kuvuga ko kimwe mu byo u Rwanda ruhuriyeho n’u Bushinwa ari uko ibihugu byombi bitemera ko hari ikindi cyakwivanga mu mikorere yabyo[u Rwanda n’u Bushinwa] kitwaje guharanira uburenganzira bwa muntu.

Ambasaderi Hongwei yabivuze nyuma yo gushyikiriza Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu mu Rwanda mudasobwa zo kwifashisha muri iki gihe bamwe mu bakozi bagikorera mu ngo kubera kwirinda COVID-19.

Mu ijambo Perezida Paul Kagame aherutse kuvugira mu Imurikagurisha rya kabiri ry’ubukungu n’ubucuruzi hagati y’u Bushinwa n’Afurika yashimye umusaruro w’umubano w’imyaka 50 u Rwanda rufitanye n’u Bushinwa, ashimangira ko intego ari ukuwuteza imbere kurushaho mu myaka iri imbere.

- Advertisement -

Ni ijambo yavugiye mu imurikabikorwa rya kabiri ry’Ubukungu n’ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika (China-Africa Economic and Trade Expo), CAETE.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi barimo Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa, Perezida Macky Sall wa Senegal na Perezida Abdelmadjid Tebboune wa Algeria.

Perezida Kagame yavuze ko iyi ari intambwe ikomeye muri gahunda y’Ihuriro rigamije ubufatanye bw’u Bushinwa na Afurika, rizwi nka FOCAC.

Yanashimiye u Bushinwa ku nkunga bwahaye u Rwanda na Afurika muri ibi bihe bya COVID-19, ashimangira ko igaragaza imbaraga z’ubucuti hagati ya Afurika n’u Bushinwa.

Mu minsi ishize u Bushinwa bwahaye u Rwanda inkingo 200,000 za Sinopharm.

Mu bihe bitandukanye bwanaruhaye ibikoresho byifashishwa mu guhangana no kwirinda COVID-19.

TAGGED:AmbasaderiBushinwafeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Iri Kurambagiza Libya Mbere Y’Amatora
Next Article Abiga Ikoranabuhanga I Nyabihu Bagiye Kunganirwa N’Ikigo Samsung
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?