Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda N’u Bushinwa Mu Mubano Umaze Igice Cy’Ikinyejana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda N’u Bushinwa Mu Mubano Umaze Igice Cy’Ikinyejana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2021 3:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere tariki 08, Ugushingo, 2021 u Rwanda n’u Bushinwa byizihije ku mugaragaro isabukuru y’imyaka 50 ishize ibihugu byombi bifitanye umubano.

Ni umubano ushingiye ku nkingi zirimo uburezi, ubuzima, ubuhinzi, ikoranabuhanga, ibikorwaremezo ndetse no muri Politiki.

Ni kenshi abayobozi mu ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa bitabiriye Inteko yagutse y’Umuryango FPR Inkotanyi ndetse n’ab’uyu Muryango nabo bagatumirwa mu Nteko ihuza Ishyaka riri ku Butegetsi mu Bushinwa.

Abayobozi b’ibihugu byombi kandi baragendereranye.

Mu kiganiro cyihariye Ambasaderi w’u Bushinwa yahaye Taarifa mu minsi yashize yavuze ko ibihugu byombi bifitanye umubano mwiza kandi uzaramba.

Ngo ni umubano ushingiye ku ngingo y’ubwubahane kandi buri ruhande rugaha urundi icyo rukirushije.

Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Bwana Rao Hongwei aherutse kuvuga ko kimwe mu byo u Rwanda ruhuriyeho n’u Bushinwa ari uko ibihugu byombi bitemera ko hari ikindi cyakwivanga mu mikorere yabyo[u Rwanda n’u Bushinwa] kitwaje guharanira uburenganzira bwa muntu.

Ambasaderi Hongwei yabivuze nyuma yo gushyikiriza Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu mu Rwanda mudasobwa zo kwifashisha muri iki gihe bamwe mu bakozi bagikorera mu ngo kubera kwirinda COVID-19.

Mu ijambo Perezida Paul Kagame aherutse kuvugira mu Imurikagurisha rya kabiri ry’ubukungu n’ubucuruzi hagati y’u Bushinwa n’Afurika yashimye umusaruro w’umubano w’imyaka 50 u Rwanda rufitanye n’u Bushinwa, ashimangira ko intego ari ukuwuteza imbere kurushaho mu myaka iri imbere.

Ni ijambo yavugiye mu imurikabikorwa rya kabiri ry’Ubukungu n’ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika (China-Africa Economic and Trade Expo), CAETE.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi barimo Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa, Perezida Macky Sall wa Senegal na Perezida Abdelmadjid Tebboune wa Algeria.

Perezida Kagame yavuze ko iyi ari intambwe ikomeye muri gahunda y’Ihuriro rigamije ubufatanye bw’u Bushinwa na Afurika, rizwi nka FOCAC.

Yanashimiye u Bushinwa ku nkunga bwahaye u Rwanda na Afurika muri ibi bihe bya COVID-19, ashimangira ko igaragaza imbaraga z’ubucuti hagati ya Afurika n’u Bushinwa.

Mu minsi ishize u Bushinwa bwahaye u Rwanda inkingo 200,000 za Sinopharm.

Mu bihe bitandukanye bwanaruhaye ibikoresho byifashishwa mu guhangana no kwirinda COVID-19.

TAGGED:AmbasaderiBushinwafeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Iri Kurambagiza Libya Mbere Y’Amatora
Next Article Abiga Ikoranabuhanga I Nyabihu Bagiye Kunganirwa N’Ikigo Samsung
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?