Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda N’Ubwongereza Mu Biganiro K’Ubucuruzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda N’Ubwongereza Mu Biganiro K’Ubucuruzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 May 2023 6:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye yakiriye mu Biro bye intumwa ya Guverinoma y’Ubwongereza ishinzwe ubucuruzi n’ishoramari yitwa Lord Popat baganira uko ibihugu byombi byakongera imbaraga mu buhahirane n’ubucuruzi.

U Rwanda n’u Bwongereza ni ibihugu by’inshuti kandi umubano umaze igihe kirekire.

Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwa, Ubwongereza buri mu bihugu byafashije Guverinoma y’u Rwanda kongera kurwubaka.

Mu myaka mike ishize, London na Kigali batangije ubufatanye bw’ubundi buryo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni ubufatanye bugamije guha abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko uburyo bwo kuba bari mu Rwanda mu gihe amadosiye yabo yo kwemererwa kuba mu Bwongereza mu buryo bwemewe n’amategeko.

Amasezerano y’uburyo ibi bizakorwa ntiyavuzweho rumwe na bamwe mu bavuga ko bakorera imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, bavuga ko u Rwanda rurangamiye inyungu z’ubukungu kurusha uko zaba izo gutanga ubutabazi kuri abo bimukira.

U Rwanda ruvuga abavuga ko rugamije amaronko kuri abo bimukira bibeshya kuko atari ubwa mbere rutanga uwo musanzu.

Perezida Paul Kagame yigeze kubwira abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko rumaze igihe ruteye intambwe mbere y’andi mahanga yo kwakira abimukira bari baraheze muri Libya, rubaha aho kuba heza kurusha aho babaga mbere.

Ni icyemezo u Rwanda rwafashe nyuma y’uko umunyamakuru wa CNN atangarije isi ko abo bimukira bakurwagamo zimwe mu ngingo z’imibiri zikagurishwa  mu bakire bo hirya no hino ku isi bazikeneye.

- Advertisement -

Isi yose yahise ikuka umutima, u Rwanda rufata iya mbere yo kwakira abo bantu, bagahabwa ahantu ho kuba batekanye ntawe ubafata nk’inyamaswa zo mu  byuma by’ubushakashatsi( animal labs).

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedIntumwaKagameRwandaUbucuruziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umubare W’Abahitanywe N’Ibiza Mu Rwanda ‘Wiyongereye’
Next Article Burkina Faso: Abantu 33 Biciwe Rimwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?