Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda N’Ubwongereza Mu Biganiro K’Ubucuruzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda N’Ubwongereza Mu Biganiro K’Ubucuruzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 May 2023 6:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye yakiriye mu Biro bye intumwa ya Guverinoma y’Ubwongereza ishinzwe ubucuruzi n’ishoramari yitwa Lord Popat baganira uko ibihugu byombi byakongera imbaraga mu buhahirane n’ubucuruzi.

U Rwanda n’u Bwongereza ni ibihugu by’inshuti kandi umubano umaze igihe kirekire.

Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwa, Ubwongereza buri mu bihugu byafashije Guverinoma y’u Rwanda kongera kurwubaka.

Mu myaka mike ishize, London na Kigali batangije ubufatanye bw’ubundi buryo.

Ni ubufatanye bugamije guha abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko uburyo bwo kuba bari mu Rwanda mu gihe amadosiye yabo yo kwemererwa kuba mu Bwongereza mu buryo bwemewe n’amategeko.

Amasezerano y’uburyo ibi bizakorwa ntiyavuzweho rumwe na bamwe mu bavuga ko bakorera imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, bavuga ko u Rwanda rurangamiye inyungu z’ubukungu kurusha uko zaba izo gutanga ubutabazi kuri abo bimukira.

U Rwanda ruvuga abavuga ko rugamije amaronko kuri abo bimukira bibeshya kuko atari ubwa mbere rutanga uwo musanzu.

Perezida Paul Kagame yigeze kubwira abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko rumaze igihe ruteye intambwe mbere y’andi mahanga yo kwakira abimukira bari baraheze muri Libya, rubaha aho kuba heza kurusha aho babaga mbere.

Ni icyemezo u Rwanda rwafashe nyuma y’uko umunyamakuru wa CNN atangarije isi ko abo bimukira bakurwagamo zimwe mu ngingo z’imibiri zikagurishwa  mu bakire bo hirya no hino ku isi bazikeneye.

Isi yose yahise ikuka umutima, u Rwanda rufata iya mbere yo kwakira abo bantu, bagahabwa ahantu ho kuba batekanye ntawe ubafata nk’inyamaswa zo mu  byuma by’ubushakashatsi( animal labs).

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedIntumwaKagameRwandaUbucuruziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umubare W’Abahitanywe N’Ibiza Mu Rwanda ‘Wiyongereye’
Next Article Burkina Faso: Abantu 33 Biciwe Rimwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Netanyahu Yavuze Ko Niba Hamas Itamanitse Amaboko Ijuru Rizayigwira

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?