Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gufatanya N’u Burundi Kuguyaguya Impunzi Z’Abarundi Ngo Zitahe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rugiye Gufatanya N’u Burundi Kuguyaguya Impunzi Z’Abarundi Ngo Zitahe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2022 6:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Clémentine Mukeka yijeje intumwa z’u Burundi ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo kugira ngo ibikorwa byo gukangurira impunzi z’Abarundi gutaha bigende neza.

Bikubiye mu byo yaraye azigejejeho mu kiganiro cyabereye muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda.

Mukeka avuga ko bizakorwa k’ubufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, UNHCR.

Intumwa z’u Burundi zageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere Taliki 19, Ukuboza, 2022 ziyobowe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’umutekano mu Burundi witwa Lt. Gen. de Police André Ndayambaje.

Yari kumwe n’abayobozi b’Intara zihana imbibi n’u Rwanda barimo Guverineri w’Intara ya Kirundo witwa Albert Hatungimana, uw’Intara ya Kayanza  witwa Rémy Cishahayo  na Bandenzamaso Léonidas uyobora Intara ya Bururi.

Abayobozi ku mpande zombi bagiranye ibiganiro

Ku mupaka wa Nemba mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera niho bakiririwe na bagenzi babo bayobora ku ruhande rw’u Rwanda barimo n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Clémentine Mukeka ari kumwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi Philippe Habinshuti.

Ubwo baganiriraga muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, hari hari n’uhagarariye Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi,UNHCR  mu Rwanda Madame Ndèye Aissatou Masseck Ndiaye .

Kugeza ubu mu Rwanda hari  impunzi z’Abarundi zisaga  49,000.

Mu mwaka wa 2015 nibwo Abarundi 74,000  bahungiye mu Rwanda. Bahungaga imvururu zatewe n’ibibazo bya politiki byakurikiye Manda ya gatatu y’uwahoze ayobora u Burundi Pierre Nkurunziza.

Kuva mu mwaka wa 2020 kugeza ubu[2022] Abarundi  30,000 bamaze gutaha.

Mu mwaka wa 2020 hacyuwe abagera ku 7 894, muri 2021 hacyurwa 21 631 mu gihe mu mwaka wa 2022 hamaze gutaha 790.

Kuri uyu wa Kabiri izo ntumwa zizaganira n’impunzi ziba mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe.

TAGGED:BurundifeaturedImpunziIntumwaNkurunzizaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikino Ishyushye Ya Boxing Day Yagarutse Ku Mashene Ya Canal + Sport
Next Article Imirwano Mishya Hagati Ya M23 Na FDLR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bunyoni Ararembye

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?