Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gukina Na Brazil Mu Marushanwa Y’Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

U Rwanda Rugiye Gukina Na Brazil Mu Marushanwa Y’Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2023 8:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakipe y’u  Rwanda yamaze kugera ku mukino wa nyuma mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 11 n’icy’abaterengeje imyaka 13 mu irushanwa rihuza amashuri y’Umupira w’Amaguru ya Paris Saint-Germain ku Isi ririmo kubera mu Bufaransa.

Marie Grâce Nyinawumuntu utoza aya makipe avuga ko abana atoza bitwara neza kandi hari icyizere ko bazatwara igikombe.

Abana b’Abanyarwanda bageze kuri uriya mwanya nyuma yo  gutsinda Ubuhinde bw’Uburengerazuba ibitego  5-2 mu batarengeje imyaka 11 ndetse n’ibitego  4-0 mu bantarengeje imyaka 13.

Marie Grâce Nyinawumuntu

Bivuze ko u Rwanda ruzakina na Brésil ku mikino ya nyuma mu byiciro byose.

Ishuri rya Paris –Saint Germain ritoza abana b’u Rwanda rikorera mu Karere ka Huye.

Mu Ukuboza, 2023 ubwo hatahwaga iri shuri, uwari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo witwa Didier Maboko yavuze ko u Rwanda rwizeye ko abana batozwa na Paris Saint-Germain bazavamo abakinnyi beza  bazazamura  umupira w’amaguru ukaba mwiza kurushaho.

Icyo gihe uwavuze mu izina ry’itsinda ryari rihagarariye Paris Saint Germain witwa Nadia yavuze ko umushinga  wo guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda, ufite aho uhuriye n’umubano mwiza  hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa ‘uherutse gusubukurwa’.

Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda Antoine Anfré nawe yunze mu rya Nadia avuga ko imikoranire hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa ifite byinshi ishingiyeho kandi izaramba.

Abana b’Abanyarwanda batozwa na PSG bari ku isonga

Ishuri ryigisha umupira w’amaguru muri Huye rya Paris Saint Germain rifite umwihariko wo kwigisha abana b’abahungu n’abana b’abakobwa.

Niryo shuri ryonyine rifite uwo mwihariko mu yandi mashuri ya Paris Saint Germain ari hirya no hino ku isi.

Amakipe y'u #Rwanda yageze ku mukino wa nyuma mu cyiciro cy'abatarengeje imyaka 11 n'icy'abaterengeje imyaka 13 mu irushanwa rihuza za Amashuri y'Umupira w'Amaguru ya Paris Saint-Germain ku Isi ririmo kubera mu Bufaransa.
Ni nyuma yo gutsinda Ubuhinde bw'Uburengerazuba ibitego… pic.twitter.com/cZ528VgBSo

— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) June 4, 2023

Indi wasoma: 

Abana Batozwa Na Paris Saint Germain ‘Bazazana Impinduka’ Ku Mupira W’u Rwanda

TAGGED:AmaguruAmbasaderiAnfreBrazilfeaturedIkipeParisUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Leta Irashaka Guca Ibikombe N’Amasahane Bya Plastique Mu Mashuri
Next Article Nyanza: Sankara Yagaragaye Mu Ruhame Yagiye Kwibuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?