Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gushinga Ishuri Ry’Abashoferi B’Umwuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ishuri Ry’Abashoferi B’Umwuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 February 2023 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda ibicishije muri Minisiteri y’ibikorwaremezo yatangaje ko igiye gushinga ishuri ry’abashoferi b’umwuga. Ni mu rwego rwo gukarishya ubumenyi mu gutwara ibinyabiziga no kugabanya impanuka zikunze guterwa n’amakamyo.

Umwaka wa 2022 wabaye impanuka nyinshi zatewe n’amakamyo cyane cyane ayo bita Howo.

Zimwe mu mpamvu zatanzwe n’ababikurikiraniye hafi, zari uko hari abazitwarana ubuswa, abandi bakazitwarana umunaniro cyangwa se ubuziranenge bwazo bukaba bukaba budaheruka gusuzumwa.

Impamvu yagarutsweho na benshi ni umunaniro kubera ko b’abashoferi ubwabo barabyemeza.

Bamwe muri bo babwiye RBA ko mu ngamba Letta ifata ngo igabanye izo mpanuka, hagomba no kongerwa ubumenyi bw’abashoferi biga gutwara amakamyo.

Minisitiri w’ibikorwa remezo, Dr. Erenst  Nsabimana yatangaje ko hari itsinda ryashyizweho ngo ryige ibibazo byose izi modoka zifite.

Na Polisi yigeze kubera Abasenateri ko hari itsinda riri kureba mu buryo burambuye impamvu zikomeye zitera impanuka zikorwa n’amakamyo aremereye cyane cyane aya Howo.

Dr. Nsabimana yatangaje ko u Rwanda ruteganya gushyirwaho ishuri ryigisha abashoferi uko batwara ziriya modoka mu buryo bw’umwuga.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko mu minsi yashize  nibura buri munsi impanuka zo mu muhanda zahitanaga abantu babiri.

Byagaragaye cyane cyane mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iyo mibare yaje kugabanuka uko iminsi yicumaga.

TAGGED:AmakamyofeaturedImpanukaIshuriMinisiteriNsabimanaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkotanyi Zabarokoye Mufitanye Isanomuzi- Min Bizimana Abwira Abo Muri AERG
Next Article Amabuye Y’Agaciro Y’u Rwanda Akomeje Kurwinjiriza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?