Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kumurikira Isi Ibyo Rwagezeho Mu Kurengera Ibidukikije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kumurikira Isi Ibyo Rwagezeho Mu Kurengera Ibidukikije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2023 10:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’Ibidukikije itangaza ko u Rwanda rugiye kumurikira isi imishinga iteza imbere ibidukikije rwashoyemo binyuze mu kigega FONERWA. Muri yo harimo imidugudu yubatswe mu mirenge ya Rubaya na Kaniga mu Karere ka Gicumbi mu kiswe Green Gicumbi Project.

Iyo mishinga ruzayimurika mu nama y’Abakuru b’ibihugu izabera Dubai muri Leta ziyunze z’Abarabu, hagati y’italiki 30, Ugushyingo n’italiki 12, Ukuboza, 2023.

Iyi nama yitabirwa  n’Abakuru b’Ibihugu n’Imiryango mpuzamahanga, umwihariko w’inama y’uyu mwaka ukaba ari uko izanitabirwa na Papa Francis niba nta gihindutse ku ngengabihe ya Vatican.

Inzego zishinzwe ibidukikije z’u Rwanda zirateganya kuzereka abanyacyubahiro bazaba bari i Dubai ibyo ikigega  Rwanda Green Fund cyakoze mu kubungabunga ibidukikije harimo n’inzu zubakiwe imiryango 100  y’abatuye Umurenge wa Rubaya n’uwa Kaniga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iyo midugudu yahawe ikoranabuhanga ryo kubika amazi mu bigega binini mu butaka byakira amazi y’imvura igwa ku bisenge.

Ibyo bigega nibyo abaturage bavomaho.

Izo nzu kandi zifite ubwiherero mu nzu butanga ifumbire ku buryo abatuye muri iyo midugudu babasha guhinga imboga mu bihe by’imvura no mu zuba.

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne D’Arc Mujawamariya avuga ko iyo mishinga izabasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kuko gufata amazi y’imvura bituma adateza isuri kandi ayo mazi agafatanya n’iyo fumbire mu gutuma abaturage beza imboga zigabanya imirire mibi mu bana.

Uyu mudugudu uri mubyo u Rwanda ruzaratira amahanga

Hejuru y’ibi, imisozi ihanamye y’i Gicumbi yashyizweho amaterasi, iterwaho amashyamba, icyayi, ikawa,  ibyatsi n’ibiti bivangwa n’imyaka, byose bikaba ari ibirwanya isuri n’inzara.

- Advertisement -

Dr Mujawamariya agira ati : “Imwe muri iyo mihigo izamurikwa muri COP28. Ejo bundi mwakurikiranye umwe mu mishinga ya Green Gicumbi aho twatuje neza abari batuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga, ubu Umunyarwanda w’i Kaniga araryama agasinzira adafite impungenge ko amazi ari bumutware.”

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Green Fund Teddy Mugabo Mpinganzima avuga ko mu myaka 10 icyo kigega kimaze kibayeho cyahawe agera kuri miliyoni $300 akaba yarakoreshejwe mu mishinga yo kubaka no gusana ibikorwa bishobora guhangana n’ibiza.

Teddy Mugabo Mpinganzima

Bimwe muri byo hari ibiraro kuri Nyabugogo n’ahandi mu bice bitandukanye by’igihugu, ihangwa rya Pariki ya Nyandungu, ubwubatsi bw’inzu zibana neza n’ibidukikije, gukora amaterasi, gutera ibiti hamwe no guteza imbere ubuhinzi.

Amaterasi y’indinganire y’i Gicumbi
TAGGED:featuredGreenIbidukikijeIsiMujawamariyaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzego Z’Umutekano W’u Rwanda Mu Nteko Rusange Ya Polisi Mpuzamahanga
Next Article AIMS-Rwanda Ikomeje Kubakira Ubushobozi Abiga N’Abigisha Siyansi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?