Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruraharanira Kugwiza Umusaruro Mu Buhinzi – Min Mukeshimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Ruraharanira Kugwiza Umusaruro Mu Buhinzi – Min Mukeshimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2021 11:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi  Dr Géraldine Mukeshimana yabwiye abandi banyacyubahiro ko u Rwanda rukora ibishoboka byose kugira ngo umusaruro mu buhinzi wiyongere bityo abaturage bihaze mu biribwa bice n’igwingira mu bana.

Yabivugiye mu kiganiro yatanze mu buryo bw’ikoranabuhanga cyatangiwe mu nama yahuje abaminisitiri n’abandi bayobozi bakora mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi.

Mukeshimana avuga ko muri iki gihe Isi iri gushaka uko byikura mu ngaruka z’icyorezo COVID-19 , u Rwanda narwo ruri gukora uko rushoboye ngo umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi wiyongere.

Yagize ati: “ Dukorana n’abakorera mu rwego rw’ubuhinzi kugira ngo twongere ibibukomokaho kandi tugahana inama no zindi nzego. Dukorana kandi no mu rwego rwo kongera ibyo twohereza hanze biva mu buhinzi no mu bworozi.”

Ubuhinzi buteye imbere bufasha mu rindi terambere

Dr Géraldine Mukeshimana yavuze ko hari iterambere rigaragara mu buhinzi bw’u Rwanda harimo umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi bw’imboga n’imbuto, kuhira ku butaba buhinze buhujwe n’ibindi.

Yavuze kandi ko ubuhinzi bw’u Rwanda butatera imbere abagore batabugizemo uruhare, iyi ikaba ari iyo mpamvu abenshi mu babukora ari bo.

Kutihaza mu biribwa bigira ingaruka zikomeye…

Hari imibare  imaze iminsi itangajwe n’Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare yerekana ko hari  abana benshi mu Turere tw’i Burengerazuba bafite ikibazo cy’igwingira cyatewe n’impamvu nyinshi zirimo ubujiji n’ubukene by’ababyeyi babo cyangwa ababarera.

Akarere ka mbere kagaragaramo iki kibazo ni Nyabihu, kagakurikirwa n’Akarere ka Ngororero.

Nta gihe kinini gishize Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyabihu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage witwa Simpenzwe Pascal abwiye itangazamakuru ko mbere bari bafite 59%(2015) by’abana bagwingiye.

Nyuma ngo baragabanutse  bagera kuri 46.5%.

Icyo gihe Simpenzwe yavuze ko raporo baherukaga kubona yaberekaga ko abana bafite ikibazo cy’imirire mibi muri Nyabihu bafite 35% (2021).

Mu Karere ka Ngororero naho si shyashya.

Ubworozi nabwo ni ingenzi

N’ubwo imibare y’ibarura ry’ingo n’imibereho y’abaturage yerekana ko ikibazo cy’igwingira mu Karere ka Ngororero yagabanutse ariko kiracyahari.

Ku rubuga rw’Akarere ka Ngororero handitse ho ko kiriya kibazo cyahoze kirenze kuba ikibazo ahubwo ari icyorezo.

Umuyobozi wako wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madamu  Mukunduhirwe Benjamine  nawe aherutse kubwira itangazamakuru ko igwingira mu bana ryagabanutse ariko ngo haracyakenewe umuhati mu kurirwanya.

Kutihaza mu biribwa bituma abaturage bahorana umunaniro ntibakore igihe kirekire ndetse n’abakora ntibagire ubushobozi bwo guhanga udushya.

Ibihugu byinshi biteye imbere mu nganda biba byarabanje kuzamura urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi bityo ababituye bakarya bagahaga ubundi bagatekereza neza.

Mu ijambo Perezida Paul Kagame yaraye agejeje kuri bagenzi be ubwo Inama Africa Green Revolution Forum yatangizwaga, yavuze ko bibabaje kuba 70% by’ubuhinzi bukorwa ku isi ikorerwa muri Afurika ariko abantu barenga 35% batihaza mu biribwa ari Abanya Afurika.

Perezida Kagame avuga ko igicyenewe kugira ngo ibi bihinduke ari ivugurura mu by’ubuhinzi kandi umusaruro ubukomotsemo ugasaranganywa neza.

TAGGED:featuredMinisitiriMukeshimanaUbuhinziUbworozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Museveni Yitarukije Ibibazo Ku Cyazambije Umubano Wa Uganda n’u Rwanda
Next Article Telefoni 7600 Zimaze Guhabwa Abaturage Muri Gahunda Ya Connect Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?