Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurakira Inama Mpuzamahanga Yiga Uko Ibiri Kuri Murandasi Biba Mu Ndimi Zose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rurakira Inama Mpuzamahanga Yiga Uko Ibiri Kuri Murandasi Biba Mu Ndimi Zose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 June 2024 7:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kigali: Guhera kuri uyu wa Mbere taliki 10, kuzageza taliki 14, Kamena, 2024 mu Rwanda harabera inama mpuzamahanga yitabiriwe n’abantu 1200 yiga uko murandasi yakoreshwa n’abatuye isi bose kandi mu ndimi zabo gakondo.

Ubusanzwe  murandasi ikoreshwa mu ndimi mpuzamahanga ariko cyane cyane Icyongereza kuko ubwa mbere ihangwa yahangiwe muri  Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Izaganirwamo icyakorwa kugira ngo abantu barenga 1/3 cy’abatuye isi batagerwaho nayo bayibone kandi mu ndimi bavuga kandi bakumva neza.

Ku byerekeye u Rwanda, abanyamahanga barusura barushima ko rufite murandasi imeze neza muri rusange n’ubwo yiganje mu Murwa mukuru, Kigali, kurusha ahandi.

Abahanga bemeza ko kimwe mu by’ingenzi umuntu w’iki gihe agomba kuba afite kugira ngo abeho mu buryo bugezweho ni uko agomba kuba afite murandasi.

Uretse kuba murandasi ari nke mu bice bitandukanye by’isi kubera ibikorwaremezo byayo bike, hari n’aho usanga abantu batirirwa bayishakisha kuko baba bumva ko amakuru ayiriho ari mu ndimi batumva.

Kugeza ubu indimi 26 nizo ziri kuri murandasi ku buryo abazikoresha babona amakuru bitabagoye.

Inama iri butangire muri Kigali yateguwe n’ikigo mpuzamahanga giharanira iterambere rya murandasi kuri bose kitwa ICANN.

Iritabirwa n’abashakashatsi mu ikoranabuhanga n’ishoramari, abafata ibyemezo bya politiki n’abandi bazaganira no ku mutekano mu ikoranabuhanga na murandasi idaheza kandi ihendutse.

Abayitabira bazabikora mu buryo bw’imbonankubone cyangwa babikorere kuri murandasi.

TAGGED:featuredInamaIndimiMurandasiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bashakaga Kwiyamamariza Ubuperezida Hari Uwatangaga Frw 2000 Ngo Bamusinyire-Utumatwishima
Next Article DRC: MONUSCO Iri Kanyabayonga Mu Kurwanya M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

You Might Also Like

Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?