Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurakira Inama Mpuzamahanga Yiga Uko Ibiri Kuri Murandasi Biba Mu Ndimi Zose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rurakira Inama Mpuzamahanga Yiga Uko Ibiri Kuri Murandasi Biba Mu Ndimi Zose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 June 2024 7:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kigali: Guhera kuri uyu wa Mbere taliki 10, kuzageza taliki 14, Kamena, 2024 mu Rwanda harabera inama mpuzamahanga yitabiriwe n’abantu 1200 yiga uko murandasi yakoreshwa n’abatuye isi bose kandi mu ndimi zabo gakondo.

Ubusanzwe  murandasi ikoreshwa mu ndimi mpuzamahanga ariko cyane cyane Icyongereza kuko ubwa mbere ihangwa yahangiwe muri  Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Izaganirwamo icyakorwa kugira ngo abantu barenga 1/3 cy’abatuye isi batagerwaho nayo bayibone kandi mu ndimi bavuga kandi bakumva neza.

Ku byerekeye u Rwanda, abanyamahanga barusura barushima ko rufite murandasi imeze neza muri rusange n’ubwo yiganje mu Murwa mukuru, Kigali, kurusha ahandi.

Abahanga bemeza ko kimwe mu by’ingenzi umuntu w’iki gihe agomba kuba afite kugira ngo abeho mu buryo bugezweho ni uko agomba kuba afite murandasi.

Uretse kuba murandasi ari nke mu bice bitandukanye by’isi kubera ibikorwaremezo byayo bike, hari n’aho usanga abantu batirirwa bayishakisha kuko baba bumva ko amakuru ayiriho ari mu ndimi batumva.

Kugeza ubu indimi 26 nizo ziri kuri murandasi ku buryo abazikoresha babona amakuru bitabagoye.

Inama iri butangire muri Kigali yateguwe n’ikigo mpuzamahanga giharanira iterambere rya murandasi kuri bose kitwa ICANN.

Iritabirwa n’abashakashatsi mu ikoranabuhanga n’ishoramari, abafata ibyemezo bya politiki n’abandi bazaganira no ku mutekano mu ikoranabuhanga na murandasi idaheza kandi ihendutse.

Abayitabira bazabikora mu buryo bw’imbonankubone cyangwa babikorere kuri murandasi.

TAGGED:featuredInamaIndimiMurandasiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bashakaga Kwiyamamariza Ubuperezida Hari Uwatangaga Frw 2000 Ngo Bamusinyire-Utumatwishima
Next Article DRC: MONUSCO Iri Kanyabayonga Mu Kurwanya M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?