Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Gabon Mu Bucuruzi Bwagutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Gabon Mu Bucuruzi Bwagutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2024 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kagame yaguye na mugenzi we wa Gabon baganira uko ubucuruzi hagati ya Kigali na Libreville bwakwagurwa
SHARE

Itsinda ry’abikorera ku giti cyabo bo mu Rwanda baraye baganiriye na bagenzi babo bo muri Gabon ku ngingo zirimo no gutangiza imikoranire mu ishoramari.

Ni ibiganiro bagiranye kuri uyu wa Gatanu nyuma y’uko Abakuru b’ibihugu byombi nabo bahuye bakaganira.

Kagame yagiranye na mugenzi we wa Gabon, Brice Oligui Nguema ibiganiro bigamije kurushaho gukorana nk’ibihugu by’inshuti.

Bahuriye i Paris aho bombi bitabiriye Inama y’ibihugu bivuga Igifaransa, Organisation Internationale de la Francophonie, OIF, umuryango uyoborwa na Louise Mushikiwabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

U Rwanda rusanzwe rukorana na Gabon mu by’ubwikorezi buca mu kirere bukorwa na  RwandAir ikorera ingendo i Libreville, Umurwa  mukuru wa Gabon.

Kigali na Libreville basanganywe amasezerano y’imikoranire yasinywe bwa mbere mu mwaka wa 1976 ariko aza kuvugururwa mu mwaka wa 2010.

Muri iki gihe u Rwanda rurateganya kongera imikoranire myiza mu bucuruzi no guteza imbere ibyo guhanga imirimo mishya ku rubyiruko rw’ibihugu byombi.

Mu gihe u Rwanda ruzwiho gutanga neza serivisi, rukoresheje ikoranabuhanga, Gabon imaze gutera imbere mu bucukuzi bwa Petelori, ubucuruzi bw’imbaho, ubw’amabuye y’agaciro n’ibindi bikorwa by’ubukungu.

Perezida Nguema aheruka mu Rwanda muri Nyakanga ubwo yitabiraga umuhango w’irahira rya Perezida Kagame.

- Advertisement -

Muri Kanama, 2023 nibwo yagiye ku butegetsi abanje guhirika Ali Bongo wari umaze igihe arwaye.

Nyuma y’amezi abiri, yahise asura u Rwanda, aganira na mugenzi we Paul Kagame uko ibihugu byarushaho kugirana imikoranire irambye.

TAGGED:AbikorerafeaturedGabonKagameRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaro Bya Muhororo Bigiye Gusenywa
Next Article Ugirashebuja Yasabye RIB Kurushaho Kwimakaza Ubunyamwuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?