Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Gabon Mu Bucuruzi Bwagutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Gabon Mu Bucuruzi Bwagutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2024 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kagame yaguye na mugenzi we wa Gabon baganira uko ubucuruzi hagati ya Kigali na Libreville bwakwagurwa
SHARE

Itsinda ry’abikorera ku giti cyabo bo mu Rwanda baraye baganiriye na bagenzi babo bo muri Gabon ku ngingo zirimo no gutangiza imikoranire mu ishoramari.

Ni ibiganiro bagiranye kuri uyu wa Gatanu nyuma y’uko Abakuru b’ibihugu byombi nabo bahuye bakaganira.

Kagame yagiranye na mugenzi we wa Gabon, Brice Oligui Nguema ibiganiro bigamije kurushaho gukorana nk’ibihugu by’inshuti.

Bahuriye i Paris aho bombi bitabiriye Inama y’ibihugu bivuga Igifaransa, Organisation Internationale de la Francophonie, OIF, umuryango uyoborwa na Louise Mushikiwabo.

U Rwanda rusanzwe rukorana na Gabon mu by’ubwikorezi buca mu kirere bukorwa na  RwandAir ikorera ingendo i Libreville, Umurwa  mukuru wa Gabon.

Kigali na Libreville basanganywe amasezerano y’imikoranire yasinywe bwa mbere mu mwaka wa 1976 ariko aza kuvugururwa mu mwaka wa 2010.

Muri iki gihe u Rwanda rurateganya kongera imikoranire myiza mu bucuruzi no guteza imbere ibyo guhanga imirimo mishya ku rubyiruko rw’ibihugu byombi.

Mu gihe u Rwanda ruzwiho gutanga neza serivisi, rukoresheje ikoranabuhanga, Gabon imaze gutera imbere mu bucukuzi bwa Petelori, ubucuruzi bw’imbaho, ubw’amabuye y’agaciro n’ibindi bikorwa by’ubukungu.

Perezida Nguema aheruka mu Rwanda muri Nyakanga ubwo yitabiraga umuhango w’irahira rya Perezida Kagame.

Muri Kanama, 2023 nibwo yagiye ku butegetsi abanje guhirika Ali Bongo wari umaze igihe arwaye.

Nyuma y’amezi abiri, yahise asura u Rwanda, aganira na mugenzi we Paul Kagame uko ibihugu byarushaho kugirana imikoranire irambye.

TAGGED:AbikorerafeaturedGabonKagameRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaro Bya Muhororo Bigiye Gusenywa
Next Article Ugirashebuja Yasabye RIB Kurushaho Kwimakaza Ubunyamwuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?