Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Gabon Mu Bucuruzi Bwagutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Gabon Mu Bucuruzi Bwagutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2024 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kagame yaguye na mugenzi we wa Gabon baganira uko ubucuruzi hagati ya Kigali na Libreville bwakwagurwa
SHARE

Itsinda ry’abikorera ku giti cyabo bo mu Rwanda baraye baganiriye na bagenzi babo bo muri Gabon ku ngingo zirimo no gutangiza imikoranire mu ishoramari.

Ni ibiganiro bagiranye kuri uyu wa Gatanu nyuma y’uko Abakuru b’ibihugu byombi nabo bahuye bakaganira.

Kagame yagiranye na mugenzi we wa Gabon, Brice Oligui Nguema ibiganiro bigamije kurushaho gukorana nk’ibihugu by’inshuti.

Bahuriye i Paris aho bombi bitabiriye Inama y’ibihugu bivuga Igifaransa, Organisation Internationale de la Francophonie, OIF, umuryango uyoborwa na Louise Mushikiwabo.

U Rwanda rusanzwe rukorana na Gabon mu by’ubwikorezi buca mu kirere bukorwa na  RwandAir ikorera ingendo i Libreville, Umurwa  mukuru wa Gabon.

Kigali na Libreville basanganywe amasezerano y’imikoranire yasinywe bwa mbere mu mwaka wa 1976 ariko aza kuvugururwa mu mwaka wa 2010.

Muri iki gihe u Rwanda rurateganya kongera imikoranire myiza mu bucuruzi no guteza imbere ibyo guhanga imirimo mishya ku rubyiruko rw’ibihugu byombi.

Mu gihe u Rwanda ruzwiho gutanga neza serivisi, rukoresheje ikoranabuhanga, Gabon imaze gutera imbere mu bucukuzi bwa Petelori, ubucuruzi bw’imbaho, ubw’amabuye y’agaciro n’ibindi bikorwa by’ubukungu.

Perezida Nguema aheruka mu Rwanda muri Nyakanga ubwo yitabiraga umuhango w’irahira rya Perezida Kagame.

Muri Kanama, 2023 nibwo yagiye ku butegetsi abanje guhirika Ali Bongo wari umaze igihe arwaye.

Nyuma y’amezi abiri, yahise asura u Rwanda, aganira na mugenzi we Paul Kagame uko ibihugu byarushaho kugirana imikoranire irambye.

TAGGED:AbikorerafeaturedGabonKagameRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaro Bya Muhororo Bigiye Gusenywa
Next Article Ugirashebuja Yasabye RIB Kurushaho Kwimakaza Ubunyamwuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?