Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Kubaka ‘Ubukungu Budapfusha Ubusa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rurashaka Kubaka ‘Ubukungu Budapfusha Ubusa’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2022 1:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ishaka  gushyiraho uburyo bw’ubukungu  budasanzwe henshi muri Afurika bwo ‘kudapfusha ubusa’, kudasesagura.

Buri kintu mu byakozwe mu nganda kizajya kinagurwa( re-cycling) gikorwemo ikindi aho kugira ngo hagurwe igishya cyangwa igishaje kijugunywe.

Ni ubukungu bita ‘circular economy.’

Abahanga mu bukungu bavuga ko ubu ari ubukungu buba bushingiye k’ubumenyi n’ikoranabuhanga bukora k’uburyo hirindwa ko igikoresho runaka cyajugunywa cyangwa  cyabikwa kidakoreshwa hatarebwe niba nta wundi musaruro cyabyazwa.

Muri uyu mujyo w’ibitekerezo kandi, harimo ingingo y’uko ibyo umuntu runaka atagikoresha kubera ko ashaka kugura ibindi, harebwa uburyo yabikodesha undi ubikeneye akajya abyishyura gahoro gahoro kugeza abyegukanye, ibyo bita leasing.

Muri ubu bwoko bw’ubukungu kandi harebwa niba ikintu runaka aho kujugunywa, kitasanwa cyangwa kitanagurwa(re-cycling) kikavanwamo ikindi gifite akandi kamaro gasa cyangwa gatandukanye n’ako icya mbere cyari gifite.

Baje kumva uko Politiki y’u Rwanda k’ubukungu burengera ibidukikije ihagaze

Ni ubukungu benshi bashima ko bugira akamaro mu kwirinda gusesagura no guhumanya ibidukikije( ubutaka, amazi n’ikirere) binyuze mu kujugunyamo ibikoresho bitagikoreshwa.

Hashize imyaka irenga 10 abahanga biga uko ubu bwoko bw’ubukungu budahungabanya ibidukikije bwakora.

Ni uburyo bw’ubukungu busanzwe bukoreshwa mu bihugu byateye imbere mu Burayi, Amerika ndetse no muri Aziya urugero nko mu Bushinwa no mu  Buyapani.

U Rwanda rurashaka kuba igihugu cya mbere muri Afurika gitangije ubu bwoko bw’ubukungu.

Gutangiza iyi mikorere mishya mu by’ubukungu byakorewe mu Kigo giteza imbere ibitekerezo byihariye kitwa Norrsken kiri mu Mujyi wa Kigali.

Hagati aho kandi mu Rwanda hari kubera inama mpuzamahanga yiga kuri ubu bwoko bw’ubukungu, yitwa World Circular Economy Forum.

Minisitiri w’ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya yavuze ko yizeye ko u Rwanda ruzazamura imikorere muri uru rwego rushya rw’ubukungu kandi rukazabera urugero n’ibindi bihugu by’Afurika.

TAGGED:AfurikafeaturedIbidukikijeMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Indi Kamyo Ya Howo Yishe Umuntu
Next Article Abakozi 5 Ba REG Batawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?