Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Kubaka ‘Ubukungu Budapfusha Ubusa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rurashaka Kubaka ‘Ubukungu Budapfusha Ubusa’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2022 1:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ishaka  gushyiraho uburyo bw’ubukungu  budasanzwe henshi muri Afurika bwo ‘kudapfusha ubusa’, kudasesagura.

Buri kintu mu byakozwe mu nganda kizajya kinagurwa( re-cycling) gikorwemo ikindi aho kugira ngo hagurwe igishya cyangwa igishaje kijugunywe.

Ni ubukungu bita ‘circular economy.’

Abahanga mu bukungu bavuga ko ubu ari ubukungu buba bushingiye k’ubumenyi n’ikoranabuhanga bukora k’uburyo hirindwa ko igikoresho runaka cyajugunywa cyangwa  cyabikwa kidakoreshwa hatarebwe niba nta wundi musaruro cyabyazwa.

Muri uyu mujyo w’ibitekerezo kandi, harimo ingingo y’uko ibyo umuntu runaka atagikoresha kubera ko ashaka kugura ibindi, harebwa uburyo yabikodesha undi ubikeneye akajya abyishyura gahoro gahoro kugeza abyegukanye, ibyo bita leasing.

Muri ubu bwoko bw’ubukungu kandi harebwa niba ikintu runaka aho kujugunywa, kitasanwa cyangwa kitanagurwa(re-cycling) kikavanwamo ikindi gifite akandi kamaro gasa cyangwa gatandukanye n’ako icya mbere cyari gifite.

Baje kumva uko Politiki y’u Rwanda k’ubukungu burengera ibidukikije ihagaze

Ni ubukungu benshi bashima ko bugira akamaro mu kwirinda gusesagura no guhumanya ibidukikije( ubutaka, amazi n’ikirere) binyuze mu kujugunyamo ibikoresho bitagikoreshwa.

Hashize imyaka irenga 10 abahanga biga uko ubu bwoko bw’ubukungu budahungabanya ibidukikije bwakora.

Ni uburyo bw’ubukungu busanzwe bukoreshwa mu bihugu byateye imbere mu Burayi, Amerika ndetse no muri Aziya urugero nko mu Bushinwa no mu  Buyapani.

U Rwanda rurashaka kuba igihugu cya mbere muri Afurika gitangije ubu bwoko bw’ubukungu.

Gutangiza iyi mikorere mishya mu by’ubukungu byakorewe mu Kigo giteza imbere ibitekerezo byihariye kitwa Norrsken kiri mu Mujyi wa Kigali.

Hagati aho kandi mu Rwanda hari kubera inama mpuzamahanga yiga kuri ubu bwoko bw’ubukungu, yitwa World Circular Economy Forum.

Minisitiri w’ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya yavuze ko yizeye ko u Rwanda ruzazamura imikorere muri uru rwego rushya rw’ubukungu kandi rukazabera urugero n’ibindi bihugu by’Afurika.

TAGGED:AfurikafeaturedIbidukikijeMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Indi Kamyo Ya Howo Yishe Umuntu
Next Article Abakozi 5 Ba REG Batawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?