Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Ubufatanye N’ibirwa Bya Malta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rurashaka Ubufatanye N’ibirwa Bya Malta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 April 2023 12:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abikorera bo mu Rwanda n’abo mu Birwa bya Malta bari kuganira uko impande zombi zakorana mu bucuruzi n’ishoramari.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza akaba ahagarariye n’inyungu z’u Rwanda mu Birwa bya Malta niwe wahuje uruhande rw’u Rwanda n’urw’ibirwa bya Malta byari bihagaririwe na Perezida wabyo witwa George Vella.

Busingye yaboneyeho no kumugezaho impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda muri biriya birwa.

Perezida Vella yavuze ko igihugu cye kiri gukora uko gishoboye ngo gikorane n’u Rwanda mu nzego nyinshi.

Muri zo harimo n’ubucuruzi n’ubuhahirane binyuze mu gukora inkingo.

Umubano w’u Rwanda n’ibirwa bya Malta watangiye gushyirwamo imbaraga zikomeye mu mwaka wa 2018.

Imyaka ibiri nyuma y’aho( mu mwaka wa 2020) hakurikiyeho isinywa ry’amasezerano hagati y’abikorera bo mu Rwanda n’abo mu birwa bya Malta.

Ibirwa bya Malta bikungahaye ku iterambere  ry’ubukerarugendo, ikoranabuhanga mu itumanaho n’ibindi.

Perezida Vella avuga ko yari ategerezanyije amatsiko gutangira imikoranire myiza hagati y’igihugu cye n’u Rwanda.

Avuga ko yishimira ko ubu bufatanye butangiye mu gihe u Rwanda ari rwo ruyoboye Commonwealth of Nations.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza Johnston Busingye yaganiriye kandi n’ubuyobozi bw’ikigo cy’Ibirwa bya Malta bishinzwe ubucuruzi bita Trade Malta.

Uwo mugabo yitwa Anton Buttigieg Salvo Grima Group.

TAGGED:BusingyeBwongerezaIbirwaMalta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Abanyeshuri Basaba Ababyeyi Kubabonera Umwanya
Next Article Umuhanda Muhanga- Ngororero Wongeye Kuba Nyabagendwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?