Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Ubufatanye N’ibirwa Bya Malta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rurashaka Ubufatanye N’ibirwa Bya Malta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 April 2023 12:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abikorera bo mu Rwanda n’abo mu Birwa bya Malta bari kuganira uko impande zombi zakorana mu bucuruzi n’ishoramari.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza akaba ahagarariye n’inyungu z’u Rwanda mu Birwa bya Malta niwe wahuje uruhande rw’u Rwanda n’urw’ibirwa bya Malta byari bihagaririwe na Perezida wabyo witwa George Vella.

Busingye yaboneyeho no kumugezaho impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda muri biriya birwa.

Perezida Vella yavuze ko igihugu cye kiri gukora uko gishoboye ngo gikorane n’u Rwanda mu nzego nyinshi.

Muri zo harimo n’ubucuruzi n’ubuhahirane binyuze mu gukora inkingo.

Umubano w’u Rwanda n’ibirwa bya Malta watangiye gushyirwamo imbaraga zikomeye mu mwaka wa 2018.

Imyaka ibiri nyuma y’aho( mu mwaka wa 2020) hakurikiyeho isinywa ry’amasezerano hagati y’abikorera bo mu Rwanda n’abo mu birwa bya Malta.

Ibirwa bya Malta bikungahaye ku iterambere  ry’ubukerarugendo, ikoranabuhanga mu itumanaho n’ibindi.

Perezida Vella avuga ko yari ategerezanyije amatsiko gutangira imikoranire myiza hagati y’igihugu cye n’u Rwanda.

Avuga ko yishimira ko ubu bufatanye butangiye mu gihe u Rwanda ari rwo ruyoboye Commonwealth of Nations.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza Johnston Busingye yaganiriye kandi n’ubuyobozi bw’ikigo cy’Ibirwa bya Malta bishinzwe ubucuruzi bita Trade Malta.

Uwo mugabo yitwa Anton Buttigieg Salvo Grima Group.

TAGGED:BusingyeBwongerezaIbirwaMalta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Abanyeshuri Basaba Ababyeyi Kubabonera Umwanya
Next Article Umuhanda Muhanga- Ngororero Wongeye Kuba Nyabagendwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ubukungu

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibiciro Bya Lisansi Na Mazutu Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?