Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rushyigikiye Amavugurura Y’Uko Ubukungu Bw’Isi Bucunzwe-PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

U Rwanda Rushyigikiye Amavugurura Y’Uko Ubukungu Bw’Isi Bucunzwe-PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2024 1:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri avuga ko u Rwanda nk’umunyamuryango w’ihuriro, G77 and China rwishimiye kwitabira iriya nama iri kubera muri Uganda kandi rukaba rushyigikiye ko urwego rw’imari ku isi rwavugururwa kugira ngo ruhuzwe n’uko isi ya none yubatse.

Minisitiri w’Intebe ari muri riya nama ahagarariye Perezida Paul Kagame.

Dr. Edouard Ngirente avuga ko u Rwanda ruzi akamaro k’iyi nama mu guhuza ibihugu bigize uyu muryango kugira ngo bifatanye mu iterambere rirambye.

Ngirente avuga ko ashingiye kubyagezweho mu nama zabanjirije iyi zabereye i Doha muri Qatar n’iyabereye la Havana muri Cuba, asanga ibizigirwamo bifite agaciro kuko bihuza na gahunda y’u Rwanda yo kutagira usigara inyuma mu iterambere rusange ry’abaturage.

Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko imikorere y’iri Huriro yagiriye akamaro ibihugu birigize binyuze mu mikoranire yabyo hagati yabyo ndetse no hagati yabyo b’Ubushinwa by’umwihariko.

Yunzemo ko u Rwanda rushyigikiye igitekerezo cy’uko imikorere ya gahunda y’uko imari y’isi ikora yavugururwa ikajyanirana n’uko bintu byifashe muri iki gihe.

Ati: “ Ubufatanye ni ingenzi mu gutuma isi itera imbere kandi igafatanya mu guhangana n’ibibazo biyugarije kandi mu bufatanye bwacu, ibyo byose tuzabitsinda.”

Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko mu bufatanye mpuzamahanga, ari ngombwa kuzirikana ibihugu bidakora ku Nyanja, ibihugu bikennye cyane n’ibihugu biri mu birwa kugira ngo bifashwe gutera intambwe.

Yaboneyeho gutumira abashyitsi bari baro muri iyi nama kuzitabira indi y’Umuryango w’Abibumbye iziga ku bibazo by’ibihugu bidakora ku Nyanja izabera mu Rwanda muri Kamena, 2024.

TAGGED:featuredImariIsiNgirenteRwandaUrwego
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Ufite Ubumuga Bwo Kutabona Yahuye N’Uruva Gusenya
Next Article Ndayishimiye Yiyemeje Gufatanya Na Tshisekedi Mu Kurwanya u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?