Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruvuga Ko Kera Kabaye UN Yemeje Ko FDLR Ikorana Na Kinshasa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruvuga Ko Kera Kabaye UN Yemeje Ko FDLR Ikorana Na Kinshasa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 June 2023 7:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro by’Umuvigizi wa Guverinoma y’u Rwanda byatangaje ko u Rwanda rwishimiye ko kera kabaye ibyo rwavuze ko FDLR ikorana na Leta y’i Kinshasa, amahanga akagira ngo ni ayarwo, noneho raporo y’inzobere za UN nayo yabyemeje.

Yolande Makolo uvugira Guverinoma y’u Rwanda avuga ko inshuro nyinshi kandi mu buryo butandukanye, u Rwanda rwabwiye amahanga ko hari amakuru atagibwaho impaka yemeza ko ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bukorana mu buryo butaziguye n’abarwanyi ba FDLR.

FDLR ni umutwe w’inyeshyamba zirimo abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse n’abandi bahuje ingengabitekerezo yayo.

Makolo avuga ko muri raporo y’impuguke za UN, harimo ingingo zemeza ibyo u Rwanda rwavuze kenshi birimo ko i Kinshasa baha FDLR intwaro, amafaranga n’ubufasha mu bya politiki kugira ngo ikomeza igire imbaraga ari ukuri.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko ubwo bufasha butuma u Rwanda rugira impungenge ku mutekano warwo.

Ati: “ Ibyo byose hamwe n’ibindi bikubiye muri iyo raporo byerekeranye n’imikoranire hagati ya FDLR n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, bitera u Rwanda impungenge ku mutekano warwo”.

Yolande Makolo avuga ko ibikubiyemo kandi bihuje n’ibimaze amezi runaka bibaye ubwo ingabo za DRC zarasaga ku butaka bw’u Rwanda ndetse indege z’intambara z’iki gihugu zikavugera ikirere cyarwo.

Abajijwe icyo avuga ko bika by’iriya raporo bishinja u Rwanda guha inkunga M23, Makolo yavuze ko intego y’u Rwanda ari ukurinda imipaka yarwo.

Yabwiye umunyamakuru wa RBA ko iyo ari yo ntego y’u Rwanda ikomeye kurusha izindi zose zatekerezwa.

- Advertisement -

Mu mvugo yumvikanisha gukomera ku ijambo, Makolo yavuze ko u Rwanda ruzarinda ubusugire bwarwo mu buryo bwose bushoboka, bwaba ubwo gukumirira umwanzi iyo aherereye, cyangwa kumwivuna igihe yaruteye.

Ati: “ Iyi niyo mpamvu muri Gashyantare, 2023; twavuze ko twongereye imbaraga za gisirikare ku mipaka yacu kugira ngo dukumire ko hari ibyaturuka hakurya bikaza kudukoroga”.

Avuga ko u Rwanda rudashaka ko hari ikintu icyo ari cyo cyose cyasenya, mu buryo runaka, ibyo rwagezeho.

Ku ngingo y’uko muri iriya raporo harimo amazina y’abasirikare bakuru muri RDF bavugwa kugira uruhare mu gufasha M23, Yolande Makolo yasubije ko ibyo ari ibyo  ari ‘ibifitirano’.

Avuga ko nta shingiro na rito bifite bityo ko nta muntu ukwiye kubiha agaciro.

Abajijwe icyo akeka cyaba kihishe inyuma ya raporo nyinshi( harimo n’iri kuvugwa muri iyi nkuru) zashinje u Rwanda gufasha M23, Yolande Makolo yavuze ko atajya mu byo kumenya icyihishe inyuma ya raporo yakozwe n’abo muri UN, ariko ko icyagaragaye ari uko ubutegetsi bw’i Kinshasa budashoboye gukemura ibibureba.

Avuga ko bibabaje kuba mu gihe habura amezi make ngo muri DRC habe amatora y’Umukuru w’igihugu, ubutegetsi bw’iki gihugu butari kwisuganya ngo buyategure ahubwo bugatinda mu gushinja abaturanyi ibinyoma.

Kuri Makolo, amagambo nk’ayo atuma n’umuhati wari warashyizweho ngo amahoro agaruke mu Burasirazuba bwa DRC, uta agaciro.

Ikindi ngo yerekana ko i Kinshasa badashoboye gukemura ibibazo byabo ahubwo bashakira urwitwazo ahandi.

TAGGED:FDLRfeaturedIntambaraJenosideM23MakoloRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mujyi Wa Kigali Hagiye Kuzanwa Bisi Zikoresha Amashanyarazi
Next Article Muhanga: Yishwe N’Igitaka Cyamanuwe Na Caterpillar
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?