Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruzasinyana Na DRC Amasezerano Imbere Ya Trump
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzasinyana Na DRC Amasezerano Imbere Ya Trump

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 May 2025 10:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kamena, 2025 biteganyijwe ko u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo bizasinya amasezerano y’amahoro azasinyirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hari Abakuru b’ibihugu byose uko ari bitatu.

Uwo mu muhango uzabera muri White House imbere ya Perezida Trump ushyirweho umukono na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi.

Hazasinywa ayo masezerano y’amahoro azakurikirwa no gusinya andi y’ubukungu hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu byombi.

Hazakurikiraho ko Amerika ishora amafaranga menshi muri ibyo bihugu byombi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imvugo ya Amerika ni uko aya masezerano azungukira buri ruhande, atange igisubizo kirambye cy’ibibazo bimaze imyaka myinshi bibangamiye Akarere.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yabwiye bagenzi bacu ba IGIHE ko kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Gicurasi, ariyo tariki yemejwe yo kuba buri ruhande rwatanze imbanzirizamushinga y’ibizaba bikibiye muri aya masezerano.

Kuri uyu wa Kane, Umujyanama Mukuru wa Trump mu bibera muri Afurika akaba n’Umukwe we, Massad Boulos, yatangaje ko ibihugu byombi byamaze gukora akazi gakomeye ku bijyanye n’imbanzirizamushinga y’amasezerano, ko nta kabuza biza gutanga impapuro za nyuma kuri uyu wa Gatanu.

Bigezweho nyuma y’ibiganiro byahuje Amerika, u Rwanda, RDC byabereye muri Qatar, Doha.

Ku ruhande rw’u Rwanda, byari byitabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubutasi, NISS, Brig Gen Jean Paul Nyirubutama na Brig Gen Patrick Karuretwa.

- Advertisement -

Nyuma y’aho izi mbanzirizamushinga zitanzwe, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yemeye ko azongera guhura na ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga ba RDC, bakemereza hamwe imbanzirizamushinga ihuriweho y’amasezerano.

Twababwira ko uyu yahawe n’inshingano zo kuba Umujyanama wa Perezida Trump mu by’umutekano.

Ibyo nibirangira, hazakurikiraho gahunda yo gutegura isinywa rya nyuma rizasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi, igikorwa kizayoborwa na ubwe.

Mbere y’uko amasezerano asinywa, Amerika isobanura ko impande zombi hari ibyo zigomba kuzabanza kumvikanaho.

DRC igomba gukemura burundu ibibazo by’umutekano birimo n’ikibazo cya FDLR.

Igomba kuzabanza kurangiza amavugurura y’imbere mu gihugu ajyanye n’imiyoborere n’uburyo bwo gusaranganya inyungu ku turere.

Ibihugu byombi bigomba kandi kuzemera ko buri kimwe muri byo, hari amasezerano kigomba kugirana na Amerika ajyanye n’ubukungu.

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, hashyizweho Komite igamije kugenzura uburyo izi ngingo zigomba kubahirizwa, irimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Qatar, u Bufaransa na Togo ihagarariye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Ikindi cyakozwe, ni uko ibiganiro byabaga binyuze muri gahunda ya EAC-SADC, byakuweho ahubwo bihurizwa mu mutaka wa Afurika yunze Ubumwe, bivuze ko bikorwa biyobowe na Togo.

TAGGED:AmasezeranoAmerikaCongofeaturedKagameRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umujyanama Wa Trump Mu By’Umutekano Yirukanywe, Amusimbuza Rubio
Next Article Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibya Israel Na Syria Byajemo Kidobya

U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria

Uko Ibipimo By’Imibereho Y’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bihagaze

DRC: Abasirikare Ku Rugamba Barya Mu Minsi 15 Gusa

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Irushanwa Ryo Kwibuka Abakinaga Volley Bazize Jenoside Ryasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Intego Y’u Rwanda Ku Byerekeye Umukamo Mu Myaka Ine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?