Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruzatangira Gukora Inkingo Mu Mwaka Utaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

U Rwanda Ruzatangira Gukora Inkingo Mu Mwaka Utaha

admin
Last updated: 01 September 2021 10:23 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti (Rwanda FDA) cyatangaje ko gifite gahunda ko mu ntangiro z’umwaka utaha ibikenewe byose bizaba bimaze kuboneka, mu Rwanda hagatangira gukorerwa inkingo haherewe ku za malaria n’igituntu.

Ni imyiteguro ikomeje gukorwa nyuma y’uko uruganda Biopharmaceutical New Technologies (BioNTech) rwo mu Budage ruheruka kwemera gusuzuma uburyo rwakubakira ku ikoranabuhanga ryarwo, rugakorera mu Rwanda na Senegal inkingo z’indwara za Malaria n’Igituntu.

Ni icyemezo cyatangajwe nyuma yo kwemera gusangiza ibyo bihugu ikoranabuhanga rizwi nka mRNA, rwifashisha mu gukora urukingo rwa COVID-19 ruheruka kwemezwa nka Comirnaty, rukorwa ku bufatanye na Pfizer yo muri Amerika.

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda FDA Dr. Emile Bienvenu kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko imyiteguro ikomeje.

Yagize ati “Tuzatangira dukora inkingo za malaria n’inkingo z’igituntu, impamvu ari zo tuzaheraho ni uko iyo urebye ibihugu bya Afurika ndetse n’ibindi bihugu bikirimo gutera imbere, usanga izo ndwara uko ari ebyiri zikibangamiye abaturage b’ibyo bihugu.”

“Ariko n’urukingo rwa COVID-19 narwo rukaba ruri muri gahunda, ndetse n’igihe bizagaragara ko hari ikindi kibazo cyugarije isi nabyo tuzabitekerezaho turebe niba icyo kibazo kizaba kiriho icyo gihe nazo zitakwibandwaho.” Yari kuri televiziyo y’igihugu.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) rivuga ko mu 2019 malaria yahitanye abantu basaga 400,000 ku isi, abana bari munsi y’imyaka itanu bakaba bari bihariye 67%. Umubare munini ni Abanyafurika.

Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) giheruka gutangaza ko malaria mu mwaka wa 2020 yahitanye abantu 148 mu Rwanda, bavuye kuri 700 mu 2016. Abayirwaye mu mwaka ushize bose hamwe bageraga kuri miliyoni 1.8.

Dr Bienvenu yakomeje ati “Gahunda dufite ni uko ibisabwa byose mu ntangiriro z’umwaka utaha bizaba byabonetse, ku buryo twatangira gukora inkingo umwaka utaha.”

Yavuze ko iyi gahunda izafasha cyane abanyarwanda kuko iyo wikorera inkingo uzibona uko uzikeneye, bikanunganira iterambere ry’bukungu kuko zizaba zoherezwa mu bindi bihugu byaba ibyo muri Afurika no hanze yayo.

Biteganywa ko urwo ruganda ruzubakwa mu cyanya cyahariwe inganda cya Masoro, ahazwi nka muri Kigali Special Economic Zone.

Biteganywa ko BioNTech izazana impuguke zikora inkingo, zizajya zifatanya n’abahanga mu by’imiti b’abanyarwanda.

BioNTech Yemeye Gukorera Mu Rwanda Inkingo Za Malaria n’Igituntu

TAGGED:COVID-19featuredInkingoMalariaRwanda FDA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umujyi wa Kigali Washyizeho Urugo Mbonezamikurire y’Abana b’Abakozi
Next Article Amasaha y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine, Ibitaramo Bifungurirwa Abakingiwe COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?