Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwabaye Igihugu Cya Mbere Cy’Afurika Cyohereza Urusenda Mu Bushinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

U Rwanda Rwabaye Igihugu Cya Mbere Cy’Afurika Cyohereza Urusenda Mu Bushinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2021 11:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Cyumweru gishize nibwo urusenda rwa kamurari rwumye rwoherejwe mu Bushinwa ruturutse mu Rwanda. U Rwanda nicyo gihugu cya mbere muri Afurika cyohereje urusenda nka ruriya muri kiriya gihugu gifite isoko rya mbere rinini ku isi kandi rigura hafi ibintu byose biturutse aho ari ho hose ku isi.

Abatuye Intara ya Wuhan nibo bakiliya ba mbere bazagurira u Rwanda urusenda nyuma y’amasezerano yo gucuruzanya hagati ya rwiyemezamirimo witwa Diego Twahirwa n’ikigo cyo mu Bushinwa kitwa GK International gikorera i Wuhan.

Bimwe mu bika bigize ariya masazerano harimo ko uriya rwiyemezamirimo agomba kohereza i Wuhan toni zitari munsi 50 000 ku mwaka, rukagenda ari urusenda ryumye, Abanyarwanda bita ‘kamurari.’

Impande zombi zizakorana mu gihe cy’imyaka itanu.

Umuyobozi w’Ikigo GK International witwa Yu Jian yabwiye The New Times ati: “ Buri bilo 200 by’urusenga bizajya bigezwa ku isoko ryacu, bigurishwe ku baranguzi tuzaba twavuganye, nyuma bigurishwe ku nganda zirutunganya kurushaho.”

Kuri uyu wa Mbere tariki 09, Kanama, 2021 nibwo hari bwoherezwe ibilo byinshi bya ruriya rusenda.

U Bushinwa nibwo bufite isoko rinini ry’urusenda ku isi kuko imibare yerekana ko Kugeza ubu bumaze gutumiza hanze toni 119,900 z’urusenda.

Aha ni mu gihembwe cya mbere cy’ingengo y’imari ya kiriya gihugu.

Kubera ko inganda zitunganya urusenda mu Mujyi wa Wuhan uri mu Ntara ya Hubei zidahagije, ubuyobozi bwawo buri gushaka ahandi ku isi bwakura urusenda ruhangije, aho hakaba harimo no mu Rwanda.

Mbere y’uko u Rwanda rwemererwa kohereza urusenda mu Bushinwa, hari ibindi bihugu birindwi ku isi byari bifite ririya soko.

Muri byo nta gihugu cy’Afurika kirimo.

Mu mpera za Nyakanga, 2021 nibwo rwemerewe gutangira kohereza urusenda muri kiriya gihugu, nyuma yo guhabwa uburenganzira n’Ikigo kitwa General Administration of Customs.

Hagati aho kandi, u Rwanda rwari rusanzwe rwohereza urusenda rwumye mu Buhinde.

Inzego z’ubuhinzi zikunze gusaba abahinzi guhinga bya kijyambere, ku buso buto kandi bagakora uko bashoboye bakazamura umusaruro kugira ngo babone uko basagurira isoko mpuzamahanga.

N’ubwo u Bushinwa buri mu bihugu bihinga uru rusenda, ntibibuza ko rurugura no hanze yabwo.

Imibare yo mu mwaka wa 2016 yatangajwe n’Ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye kita ku buhinzi, FAO kitwa FAOSTAT ivuga ko u Bushinwa bwari ubwa mbere ku isi mu kweza urusenda rw’icyatsi kuko bwejeje Toni 17.2 mu gihe Mexique ya kabiri yajeje toni 2.7.

TAGGED:AfurikaBushinwafeaturedRwandaTwahitwaUrusenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwatangiye Kuvanga Inkingo Za AstraZeneca Na Pfizer
Next Article Igitutu Ni Cyinshi Kuri Koffi Olomide, Arazira Kuririmba Perezida Mnangagwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?